Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwiga guhangana n'ibibazo kuko ntaho babihungira

Amakuru ku Rwanda - 01/09/2025 4:12 PM
Share:

Umwanditsi:

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwiga guhangana n'ibibazo kuko ntaho babihungira

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nzeri 2025, yifatanyije na Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, mu gutangiza Inama y’Ihuriro Nyafurika ku buhinzi n’ibiribwa (Africa Food Systems Forum 2025) iri kubera i Dakar.

Iyi nama yibanda ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’ubuhinzi bwa Afurika, cyane cyane mu buryo bwo kongera ubushobozi bwabo no kubashyigikira kugira ngo bahinduke abatangiza impinduka mu rwego rw’ibiribwa.

Mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko n’abayobozi batandukanye bo ku mugabane, Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa gushyira imbere urubyiruko kuko ari rwo rugize umubare munini w’abatuye Afurika.

Yagaragaje ko kubagezaho uburezi bufite ireme, kubafasha kubona inguzanyo no kubahuza n’amahirwe atandukanye bizatuma bashobora kubyaza umusaruro ibitekerezo byabo bishya mu bucuruzi no mu buhinzi bujyanye n’igihe.

Yagize ati: “Dukwiye kwibanda ku rubyiruko, kuko ari rwo rugize igice kinini cy’abaturage bacu, binyuze mu burezi, mu mikoro ndetse no mu bufatanye butandukanye, kugira ngo ibitekerezo bishya n’udushya bafite mu by’ubucuruzi bibashe gutera imbere.

Ariko urubyiruko rugomba no kumva ko rufite inshingano. Ntukwiye kwicara ngo utegereze ko ikibazo kizavuka hanyuma ngo witege ko hari undi uzaza kugufasha.”

Perezida Kagame yakomeje asaba urubyiruko kudahunga ibibazo, ahubwo bagomba guhangana na byo. Ati: “Rubyiruko, ubutumwa bwanjye bworoshye ni ubu: ntitugatinye ibibazo. Kuko aho waba ugiye hose, uzahasanga ibibazo, kandi bishobora no kuba byinshi kurushaho. By’umwihariko igihe bazaba bakugaruye aho wavuye. Ariko icy’ingenzi ni ukugira intego, ukamenya ko ibibazo bizahoraho, ugashaka ibisubizo, gerageza utsindwe, ariko ntuzigere unanirwa kugerageza.”

Yibukije kandi ko impinduka nyazo muri Afurika zitangirira mu guhindura imyumvire n’imikorere y’abaturage. Yagize ati: “Impinduka n’amavugurura bigomba gukorwa, bigomba gutangirira ku guhindura imitekerereze n’imyitwarire y’abantu.”

Inama y’i Dakar irakomeje, ikaba yitezweho kongerera urubyiruko ubushobozi no kurushishikariza kuba ku isonga mu guhindura ubuhinzi bwa Afurika, hagamijwe kongera umusaruro, kurwanya inzara no kubaka ejo heza h’umugabane.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rw'Afurika kudasigara inyuma mu guteza imbere urwego rw'ubuhinzi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...