Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma, bamwe mu ba Minisitiri barasimburwa

Amakuru ku Rwanda - 11/06/2026 6:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Perezida Kagame yakoze impinduka  muri Guverinoma, bamwe mu ba Minisitiri barasimburwa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakoze impinduka zitandukanye muri Guverinoma, zirimo gusimbuza bamwe mu ba Minisitiri, gushyiraho Abanyamabanga ba Leta bashya no guha inshingano nshya bamwe mu ba Ambasaderi n’Abayobozi b’ibigo bikomeye bya Leta.

Mu mpinduka zatangajwe, Bwana Murwanashyaka Damien yagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo (MININFRA), asimbuye Dr Jimmy Gasore wari umaze hafi imyaka ibiri kuri uwo mwanya nyuma yo kuwushyirwaho muri Nzeri 2023.

Muri iyo Minisiteri kandi hashyizweho Abanyamabanga ba Leta babiri bashya ari bo Bwana Zingiro Armand na Col. Bizimungu Claudien. Basimbuye Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye wari umaze amezi 11 muri izo nshingano nyuma yo kuva guhagararira u Rwanda muri Singapour.

Mu zindi mpinduka zakozwe, Madamu Uwizeye Judith yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), asimbuye Ambasaderi Nkulikiyinka Christine wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Espagne.

Uwizeye Judith agarutse muri Minisiteri asanzwe azi neza kuko yayoboye MIFOTRA hagati ya 2014 na 2017 mbere yo kugirwa Minisitiri muri Perezidansi muri Kanama 2017.

Muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Perezida Kagame yagize Bwana Kajangwe Antoine Marie Minisitiri mushya. Kajangwe yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri iyo Minisiteri, aho kuri ubu yasimbuwe na Madamu Tuyishimire Chantal.

Impinduka ntizagarukiye muri Guverinoma gusa kuko hanashyizweho aba Ambasaderi bashya bazahagararira u Rwanda mu bihugu bitandukanye.

Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, asimbuye Ambasaderi James Kimonyo. Maj Gen Bayingana Emmanuel we yagizwe Ambasaderi muri Israel, mu gihe Col (Rtd) Ruhunga Jeannot wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa RIB yagizwe Ambasaderi muri Pologne.

Hari kandi n’abayobozi bashya bahawe inshingano mu bigo bikomeye by’Igihugu. Madamu Kanyonga Louise yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Banki y’Ingabo n’Abashinzwe Umutekano Zigama (CSS), avuye ku mwanya w’Umuyobozi Wungirije muri RSSB.

Inshingano yari afite muri RSSB, zahawe Madamu Umurungi Michelle wari usanzwe ashinzwe ibikorwa by’ishoramari muri RDB. Bwana Byilingiro Maximilien yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ingufu (REG). Mbere y’izi nshingano yari ayoboye uruganda Shema Power Lake Kivu rutanga amashanyarazi ruyakuye muri Gaz methane yo mu Kiyaga cya Kivu.

Murwanashyaka Damien wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Zingiro Armand, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo

Kajangwe wagizwe Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda

Judith Uwizeye yagizwe Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...