Iyi
nama yahuje abakuru b’ibihugu basaga 25 n’abashoramari barenga 4,000, igamije
gushyiraho icyerekezo gishya cy’imikoranire hagati ya Afurika n’u Bufaransa,
aho hibandwa cyane ku bucuruzi n’ishoramari aho guhabwa inyito y’imfashanyo.
Mu
byo abitabiriye iyi nama biteze, kongera ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari
hagati y’ibigo byo muri Afurika n’ibyo mu Bufaransa.
By’umwihariko,
Perezida Kagame arayobora ibiganiro byibanda ku ikoranabuhanga rigezweho ririmo
Artificial Intelligence, aho harebwa uko ryakoreshwa mu guteza imbere ubukungu
bwa Afurika.
Kuba
Perezida Kagame ayoboye ibiganiro ku ikoranabuhanga rigezweho, bigaragaza
uruhare igihugu gikomeje kugira mu guharanira ko Afurika ijyana n’igihe mu
iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga.
Hari
kandi ibiganiro ku bijyanye n’ingufu zitangiza ibidukikije (green energy)
n’inganda zitangiza ibidukikije, bigamije gufasha ibihugu bya Afurika kugera ku
iterambere rirambye.
Ikindi
kiri ku murongo w’ibyigwa ni amavugurura mu nzego z’imari mpuzamahanga,
hagamijwe gufasha Afurika kubona igishoro mu buryo bworoshye kandi burambye.
Iyi
nama ifite insanganyamatsiko igira iti “Guhanga udushya n’uburumbuke mu
by’ubukungu”, ikaba igamije kuvugurura umubano hagati ya Afurika n’u Bufaransa,
ukava ku mfashanyo ukajya ku bufatanye bushingiye ku nyungu z’impande zombi.
Iyi nama ifite amateka maremare kuko yatangiye mu 1973, ariko uyu mwaka wa 2026 ufite umwihariko ukomeye kuko ari ubwa mbere ibereye mu gihugu kidakoresha Igifaransa, ari cyo Kenya.




Perezida Paul Kagame ari muri Kenya yitabiriye inama ya Africa Forward Summit
