Ni
igikorwa cyabaye kuri uyu Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, kibera ku Rwibutso rwa
Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ahari abayobozi mu nzego za Leta,
Imiryango itari iya leta, amadini, amatorero n’abandi bitabiriye uyu muhango.
Tariki
ya 7 Mata ni Umunsi Mpuzamahanga ngarukamwaka Isi yose yibukaho Jenoside yakorewe
Abatutsi yatwaye ubuzima bw’abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kunamira
inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bashyira indabo ku
mva zishyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside, mbere yo gucana Urumuri
rw’Icyizere rugaragaza itangizwa ry’icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100
yo kwibuka.
Uru
rwibutso rwa Kigali ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi barenga ibihumbi 250 biciwe
mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali mu gihe cya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994.
Gucana
Urumuri rw’Icyizere ni ikimenyetso gikomeye cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda,
ubutwari n’urugendo rwo kubaka igihugu cyanyuzemo mu myaka 32 ishize
Jenoside yahagaritswe n’ingabo zari iza RPA.
Iki
gikorwa cyitabiriwe n’inzego zitandukanye gikomeza kugaragaza umuhate
w’Abanyarwanda mu guharanira ko amateka yabo azahora azirikanwa, ndetse no
gukomeza urugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’ivangura iryo
ari ryo ryose.
Mu
kiganiro yatanze, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano
Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi bikwiye gukomeza kubera isomo amahanga, by’umwihariko mu kubahiriza
inshingano zo gukumira Jenoside zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye [UN].
Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w'Abibumbye, António Guterres, mu butumwa yatanze, yibukije ko uyu munsi ari umwanya wo kwigira ku mateka, asaba isi yose gushyira imbaraga mu kurinda ubuzima bw’abantu, kwamagana imvugo z’urwango no guhangana n’ibitera amacakubiri.







