P.Diddy utegereje gukatirwa yatakambiye Perezida Trump

Imyidagaduro - 06/08/2025 12:32 PM
Share:

Umwanditsi:

P.Diddy utegereje gukatirwa yatakambiye Perezida Trump

Sean “Diddy” Combs, umunyabigwi mu njyana ya hip-hop no mu bucuruzi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari mu bihano bikomeye nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri byo gutwara abantu agamije ubusambanyi. Ubu afungiye muri gereza ya Brooklyn’s Metropolitan Detention Center kuva muri Nzeri 2024, aho ategereje igihano giteganyijwe gutangazwa ku wa 3 Ukwakira 2025.

Nubwo amategeko ateganya igihano cy’imyaka 20, abunganira Combs bemeza ko ashobora guhabwa igihano kiri hagati y’imyaka 4 n’itanu, bitewe n’uko yahanaguweho ibyaha bikomeye birimo ubucuruzi bw’abantu (sex trafficking) no gushinga agatsiko k’abanyabyaha (RICO), byashoboraga kumuhanisha gufungwa burundu.

Mu rwego rwo kugabanyirizwa ibihano, amakuru yemeza ko Combs yagejeje ubusabe ku ikipe ya Donald Trump uyobora Amerika, amusaba imbabazi zashobora gutuma agabanyirizwa cyangwa akavanwaho ibyo bihano.

Icyakora, mu cyumweru gishize, Trump yavuze ko nubwo yari asanzwe amuzi, atizeye ko yamubabarira nyuma yo kumwereka kudashyigikira ibikorwa bye bya politiki. Ati: “Nari nzi Combs, twari inshuti, ariko ubwo natangizaga politiki, yambwiye amagambo akomeye. Sinzi niba nabasha kumuha imbabazi, biragoye.”

Mu rubanza ruherutse kuba ku wa Kabiri, urukiko rwanze ubusabe bwa Diddy wasabaga kurekurwa by’agateganyo, kubera impamvu zishingiye ku buryo yagiye agaragaraho ibikorwa by’ihohotera n’iterabwoba mu rukundo. Harimo n’amashusho yo mu 2016 amugaragaza akubita umugore wahoze ari umukunzi we.

Ubushinjacyaha bwamushinjaga kuba ku isonga ry’itsinda ryakoresheje imbaraga, ruswa n’iterabwoba ku bagore batandukanye, barimo Cassie Ventura n’undi witwa "Jane", babahatira kujya mu mibonano mpuzabitsina n’abandi bantu bishyuwe. Ubuhamya bwatanzwe n’abantu 34, harimo abahoze bakorana na Combs mu muziki no mu buzima busanzwe.

Nubwo yahamijwe ibyaha, Combs ntiyigeze atanga ubuhamya mu rukiko, ndetse n’abamwunganira bahisemo kutazana n’umwe mu bashinjura. Me Nicole Westmoreland, umwe mu bunganizi be, yavuze ko “ukuri konyine ari ko kwari gukenewe” kuko ibyaha bikomeye yashinjwaga byari ibinyoma. Yongeyeho ko ubushinjacyaha bwari bwarakomeje urubanza bazi neza ko badafite ibimenyetso bifatika.

Combs aracyafunzwe mu gihe hategerejwe itariki izatangarizwaho igihano cye, ariko abamwunganira batangaje ko biteguye kujuririra icyemezo icyo ari cyo cyose, kandi ko umukiliya wabo ashaka gutangira ubuzima bushya.

P.Diddy yasabye imbabazi Perezida Donald Trump uherutse kuvuga ko bigoye kumubabarira


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...