Paul Biya w’imyaka 92 yatsinze urubanza rwamubuzaga kwiyamamariza kongera kuyobora Cameroon

Hanze - 25/08/2025 10:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Paul Biya w’imyaka 92 yatsinze urubanza rwamubuzaga kwiyamamariza kongera kuyobora Cameroon

Perezida wa Cameroon, Paul Biya, umwe mu bayoboye igihugu igihe kirekire ndetse akaba n'Umukuru w'Igihugu ufite imyaka myinshi ku isi, yatsinze urubanza rwari rugamije kumubuza kwiyamamaza, maze yemezwa nk'umukandida mu matora ya Perezida ateganijwe mu gihugu cye ku nshuro ya munani.

Urukiko rw’ubutegetsi rwa Cameroon rwemeje ko Biya ashobora kwiyamamaza mu matora azaba ku itariki ya 12 Ukwakira 2025, nyuma yo kwanga icyifuzo cyo kumubuza kwiyamamaza. Iki cyemezo kizamugeza ku myaka 43 mu butegetsi, ibizanamuha umwanya ukomeye mu miyoborere ya politiki ya Cameroon mu bihe biri imbere.

Urubanza rwazanywe na Akere Muna, umunyamategeko uyoboye ishyaka Universe, umwe mu bakandida 12 bitegura kwiyamamariza umwanya wa Perezida, ashingiye ku kuba Biya ashaje kandi afite n’ibibazo by’ubuzima, avuga ko adakwiriye kuyobora igihugu.

Muna yemeye umwanzuro w’urukiko ariko yemeza ko hakiri impungenge ku bushobozi bwa Biya bwo kuyobora. Yagize ati: “Perezida Biya arayobora ariko ntayobora neza,” ashingira ku kuba yiyegereza abantu be bakuru n’umugore we mu mirimo ya leta.

Ubuyobozi burebure bwa Biya, bwinubiwe na benshi kubera ko adakunze kugaragara mu ruhame, byateje ibibazo ku bijyanye no kwibaza ku wasmusimbura n’icyerekezo cya politiki y’igihugu mu gihe kiri imbere.

Amakuru ku matora y'Umukuru w'Igihugu y'uyu mwaka muri Cameroon n’aho Biya ahagaze


Amatora ya Perezida muri Cameroon ateganijwe ku itariki ya 12 Ukwakira 2025, nyuma y’itegeko ryasohowe na Biya muri Nyakanga. Abakandida 13 bemerewe kwiyamamaza, harimo Biya ubwe, Bello Bouba Maigari, Joshua Osih, Cabral Libii, na Akere Muna.

Maurice Kamto, ufatwa nk’uhanganye cyane na Biya, yabuze amahirwe yo kwiyamamaza nyuma y’uko Urukiko rw’Ubutegetsi rwamwanze mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama.

Abasesenguzi bemeza ko Biya, uri ku buyobozi kuva mu 1982, afite amahirwe angana na 60–70% yo kongera gutorwa, cyane kubera imbaraga ishyaka rye rifite ku bigo by’amatora. Icyakora, abakunzi be ba kera, Bello Bouba Maigari na Issa Tchiroma, bemeye kwiyamamaza na bo, ibishobora gutuma amajwi y’abo bahanganye agabanyuka, bityo bigateza imbere icyizere cya Biya.

Ku bijyanye na Cameroon, aya matora asa n’aho atari ku mpamvu z’ubushobozi bwa Biya gusa, ahubwo ni ikigaragaza uburyo inzego zatumye akomeza kuyobora imyaka irenga 40. Aya matora azaba mu gihe igihugu gihanganye n’ibibazo by’umutekano, iterabwoba rya Boko Haram mu majyaruguru, ubukene bukabije, hamwe n’ubwigunge bw’urubyiruko. Ku rundi ruhande, itangazamakuru riracyahangayitse, hakaba hari ihonyora no gucira imanza abanyamakuru mu gihe cy’amatora.

Arakuze kandi ararwaye, ariko aracyakomeje gufata ubutegetsi


Kwiyamamaza kwa Biya bihuje n’imigendekere ya politiki muri Afurika, aho abayobozi bashaje bakomeje gufata ubutegetsi nubwo hari impungenge z’ubuzima n’ukuri k’ubutegetsi.

Urugero ni nka Robert Mugabe wa Zimbabwe wayoboye kugeza afite imyaka 93 mbere y’uko arekura ubutegetsi mu 2017, ndetse na Abdelaziz Bouteflika wa Algeria wagumye ku butegetsi imyaka itandatu nyuma yo kugira ikibazo gikomeye cy’ubuzima, akaba yaraje kuva ku butegetsi mu 2019 nyuma y’imyigaragambyo y’abantu benshi.

Omar Bongo wo muri Gabon yayoboye imyaka 42 kugeza apfuye, ndetse n'umwana we Ali ntiyemeye kureka ubutegetsi nyuma yo kurwara mbere y’uko aterwa 'coup d'état' mu 2023. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...