Patrice Evra yashimye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku iterambere ry’u Rwanda

Amakuru ku Rwanda - 04/09/2026 12:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Patrice Evra yashimye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku iterambere ry’u Rwanda

Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa na Manchester United, Patrice Evra, yavuze ko yishimiye cyane kugera mu Rwanda, ashimira Abanyarwanda uburyo babungabunga ibidukikije n’uburyo igihugu cyabo cyateye imbere.

Evra ari mu Rwanda mu bikorwa bijyanye na Kwita Izina, umuhango ngarukamwaka wo guha amazina abana b’ingagi wabaye ku nshuro ya 21, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Kubungabunga ibidukikije ni ubuzima, kurengera ahazaza.” Muri uyu mwaka, uyu muhango uri kubere mu kinigi abana b’ingagi 22 ni bo baza kwitwa amazina.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Nzeri 2026, uyu munyabigwi mu mupira w’amaguru, aganira na RBA yavuze ko ari ubwa mbere yari ageze mu Rwanda, kandi ko yari amaze imyaka itandatu asezeranyije Perezida w’u Rwanda ko azasura igihugu.

Ati: “Byabaye ibintu bitangaje. Numva mfite umugisha kandi nshimishijwe cyane no kuba narageze mu Rwanda. Nasezeranyije Perezida wanyu hashize imyaka itandatu ko nzaza gusura igihugu cye, kandi kuba nabikoze biranshimishije cyane.”

Evra yavuze ko urugendo rwe mu Rwanda rwatangiriye ku gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rwa Kigali, aho yavuze ko yamenye byinshi ku mateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda.

Ati: “Nashimishijwe cyane no gutangirira ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Byari umunsi ukomeye kandi wanteye gutekereza cyane, ariko wari ingenzi kuko aho njya hose mba nshaka kumenya amateka n’umuco byaho.”

Yavuze ko ibyo umuntu ashobora kubona cyangwa kumva kuri televiziyo bitandukanye n’ibyo abona iyo ageze ahantu ubwe, bityo ko gusura urwibutso byamufashije kurushaho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda.

Evra kandi yashimiye Abanyarwanda uburyo bashoboye gukomeza kubaho no kubaka igihugu nyuma y’amateka akomeye yaranze u Rwanda.

Ati: “Nishimiye cyane Abanyarwanda, kuko sinzi niba hari abantu bakomeye kurusha bo nigeze mbona. Kuba ushobora kubabarira cyangwa ukahitamo kutababarira, ntabwo umuntu akwiye gucira urubanza undi. Byari ibintu bikomeye cyane.”

Uyu wahoze ari umukinnyi ukomeye wa Manchester United yavuze ko gusura ingagi mu misozi y’u Rwanda na byo byari mu bihe byamushimishije cyane.

Ati: “Ejo kubona ingagi byari ibintu byihariye cyane. Sinigeze ntekereza ko mu buzima bwanjye nzabona ingagi mu buturo bwazo, zitekanye kandi ziri mu bihe byiza.”

Evra yavuze ko uko iminsi yagiye ishira mu Rwanda ari ko yarushagaho gukunda iki gihugu, ndetse ko Kwita Izina byamuhaye ibyishimo bidasanzwe.

Ati: “Kuri njye ni nk’inzozi. Iyo nsubije amaso inyuma nkibuka nkiri umwana w’imyaka itanu, sinigeze ntekereza ko umunsi umwe nzagira amahirwe yo kwita izina umwana w’ingagi. Biratangaje cyane. Numva mfite umugisha, nshimishijwe kandi nkunda u Rwanda.”

Yongeyeho ko kuva akigera ku butaka bw’u Rwanda yahise yumva ikirere cyiza n’umwuka w’ibyishimo biri mu gihugu. Ati: “Kuva nkihagera, nabonye ko igihugu kimeze neza gifite umwuka mwiza.”

Evra yavuze ko yifuza ko Abanyarwanda bakomeza gutera imbere no kugira ibyishimo, anasezeranya ko azakomeza gushyigikira ibikorwa bishobora kugira uruhare mu kuzana ibyishimo n’impinduka nziza.

Yashimangiye kandi ko kubungabunga amateka no kurengera ibidukikije ari ingenzi cyane, avuga ko ari ubutumwa yifuza kugeza ku bihugu byose bya Afurika agenda asura.

Patrice Evra yavuze ko mu bihugu bya Afurika amaze gusura, u Rwanda ari cyo gihugu gifite isuku kurusha ibindi, anashima uruhare rwa Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri iyo gahunda.

Ati: “Kugeza ubu, mu bihugu byose bya Afurika nasuye, u Rwanda ni rwo nasanze rufite isuku kurusha ibindi. Uburyo igihugu cyavuye aho cyari kiri kikagera aho kiri ubu ni akazi gakomeye kandi gatangaje. Ndashimira Perezida ndetse n’Abanyarwanda bose.”

Patrice Evra yasoreje ku gushimira u Rwanda n’Abanyarwanda ku buryo babungabunga ibidukikije, kurinda amateka no kubaka igihugu gifite isuku n’iterambere.

Yavuze ko uruzinduko rwe rwamuhaye umwanya wo kumenya u Rwanda birenze ibyo yabonaga mu bitangazamakuru, anagaragaza ko kubona ingagi mu buturo bwazo no kugira uruhare muri Kwita Izina ari ibintu atazibagirwa.

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...