Patrice Evra wakiniye Manchester United yinjiye mu mu mukino w’iteramakofe ku nshuro ya mbere akora amahitamo mabi

Imikino - 29/03/2022 10:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Patrice Evra wakiniye Manchester United yinjiye mu mu mukino w’iteramakofe ku nshuro ya mbere akora amahitamo mabi

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru ukomoka mu Bufaransa, Patrice Evra yamaze kwinjira mu mukino w’iteramakofe, aho anitegura umukino ukomeye na Adam Saleh washimangiye ko uyu mufaransa akoze amahitamo mabi ku nshuro ya mbere ashobora kuzahita amukura burundu muri uyu mukino.

Evra w’imyaka 40 y’amavuko akomeje gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’imyitozo ikomeye ari gukora yitegura umukino uzamuhuza na Adam Saleh tariki ya 30 Mata 2022, ukazabera kuri the O2 Arena.

Mu mashusho Evra yasangije abamukurikira ari mu myitozo, munsi yanditse amagambo agira ati:

“Abakinnyi bose bakina umukino w’iteramakofe aho bari hose ku Isi bubahwe ".

“Ninjiye mu mukino w’iteramakofe nywubashye, mfite inyota yo kwiga ndetse nanawishimiye cyane, niteguye kwiga ".

Adam Saleh w’imyaka 28 wubatse izina rikomeye ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube by’umwihariko, asanzwe akina umukino w’iteramakofe ndetse yaburiye Evra ko yakoze amahitamo mabi ubwo yamuhitagamo ngo bazakine.

Yagize ati "Yeretswe abantu bagera muri batanu agomba guhitamo uwo bakina, nanjye narindi muri bo.

We n’ikipe ye bakorana bakoze ikosa rikomeye ryo kumpitamo, nibwo agitangira umukino w’iteramakofe, ariko ngiye gushyira iherezo rye kuri uyu mukino.

Mu byukuri bizeye ko azantsinda, ni nayo mpamvu bampamagaye kuri telephone bambwira ngo’Witeguye ute umukino Patrice Evra azagutsinda?

Gusa nishimiye kuzasangira ikibuga n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru wakinanye na Cristiano Ronaldo ".

Ubwo yari agikina mu batarabigize umwuga, Saleh yamaze imikino 14 adatsindwa, ndetse mu mikino itatu aheruka gukina yatsinze ibiri anganya umwe.

Ubwo yagarukaga ku isomo azasigira Evra, Saleh yagize ati "Nishimiye kuzasangira ikibuga n’uyu munyabigwi, gusa nzamwigisha ariko namusigire isomo rizatuma atazongera gutekereza gukina nanjye ".

“Nta mpuhwe nzamugirira ".

Patrice Evra akomeje imyitozo yitegura umukino uzamuhuza na Saleh

Saleh ahamya ko Evra ariyo mahitamo mabi ya mbere akoze kuko atazamugirira impuhwe na nke

Uzaba ari umukino ukomeye wa mbere kuri uyu munyabigwi wakiniye Manchester United


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...