Patrice Evra uri mu Rwanda yashimishijwe bikomeye no kubona ingagi

Imikino - 04/09/2026 6:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Patrice Evra uri mu Rwanda yashimishijwe bikomeye no kubona ingagi

Patrice Evra wakiniye amakipe arimo Manchester United yo mu Bwongereza, akaba ari kubarizwa mu Rwanda, yashimishijwe bikomeye no kubona ingagi.

Uyu munyabigwi mu mupira w’amaguru ari mu Rwanda aho yitabiriye igikorwa cyo Kwiza Izina Abana b'Ingagi ku nshuro ya 21 giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Nzeri 2026 mu Kinigi mu karere ka Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru.

Patrice Evra uri mu bita izina Ingagi, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yerekanye ko akomeje kugirira ibihe byiza mu Rwanda ndetse ko yashimishijwe no kubona Ingagi. Ati: ”Ndimo ndabasangiza urugendo rwanjye rw’akataraboneka mu Rwanda, kandi mvugishije ukuri, n’ubu sindemera ibyo nagiriwe amahirwe yo kubona”.

Yunzemo ati: "Kubona izi nyamaswa zidasanzwe mu buturo bwazo karemano, zibayeho mu buzima bwazo busanzwe, ni ibintu bikomeye kandi by’umwihariko. Ni ubunararibonye ntazigera nibagirwa."

Patrice Evra yakiniye amakipe atandukanye arimo Manchester United, Marseille na Juventus. Yanakiniye ikipe y'igihugu y'u Bufaransa.


Patrice Evra uri mu Rwanda yashimishijwe bikomeye no kubona ingagi



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...