Patoranking na Jah Prayzah bagiye gutaramira i Kigali

Imyidagaduro - 05/10/2022 8:31 PM
Share:

Umwanditsi:

Patoranking na Jah Prayzah bagiye gutaramira i Kigali

Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Patrick Nnaemeka Okorie wamamaye mu muziki ku izina rya Patoranking n’umunya-Zimbabwe Mukudzeyi Mukombe uzwi nka Jah Prayzah, batumiwe mu gitaramo kizaherekeza Inama nyafurika y’Urubyiruko izwi nka "Youth Connekt Africa Summit."

Iyi nama ihuriza hamwe urubyiruko ruturutse hirya no hino, mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.

Iheruka yabereye i Kigali mu 2019. Abayitabiriye icyo gihe baganiriye ku iterambere ry’urubyiruko mu bijyanye n’inganda. Isozwa n’igitaramo cy’abahanzi barimo Patoraking, Meddy, Bruce Melodie, itsinda rya Charly&Nina n’abandi.

Ubu ni ku nshuro ya kane (4) igiye kuba. Izaba kuva ku wa 13 Ukwakira kugeza ku wa 15 Ukwakira 2022.

Ubwo yari mu Rwanda mu 2019, Patoranking yatanze ikiganiro, avuga ko asanzwe ari umuhanzi ukunda gufatanya n’abandi, aho yanabishimangiye kuri album yise ‘Wilmer’ yasohoye.

Uyu munyamuziki yavuze ko mu rugendo rwe rw’umuziki yaririmbiye mu bihugu bitandukanye, ariko ngo ntiyigeze ataramira abantu bari hamwe baturuka mu bihugu bitandukanye buri gihugu gihagarariwe. Ati “Kuri njye ni byiza ni byiza."

Asubiye iwabo muri Nigeria, yashyize ifoto kuri Twitter ari kumwe na Perezida Kagame, maze ahishura ko akunda byimazeyo Perezida Kagame.

Ati “Nkunda uyu mugabo mubona hano Perezida Paul Kagame." Yavuze ko Perezida Kagame ari ‘Papa wa nyawe wa Afurika’. Ati “Umuyobozi nyawe w’umunyafurika."

Patoranking yamenyekanye birushijeho binyuze mu ndirimbo nka ‘Garlie O’, ‘God Over Everything’, ‘Heal D world’ n’izindi.

Muri Gicurasi 2019 yasohoye Album yise "Wilmer" yifashishijeho abahanzi batandatu barimo Bera, Nyashinski, Busiswa, Dadju, Donae’o na Davido.

Iyi Album yayikoze ayishyizeho umutima na 'roho’ anayitezeho kuzafasha benshi bacitse intege mu buzima, bakeneye uwababwira amagambo yabafasha kongera guhaguruka bagakomeza urugendo.

Kuri iyi nshuro agiye kugaruka mu Rwanda, aho azaririmba muri iyi nama izagaruka ku gushyigikira ishoramari ry’urubyiruko.

Uretse kuba iyi nama yitabirwa n’urubyiruko, initabirwa n’abayobozi batanga ibiganiro.

Kuri iyi nshuro, aba barimo Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Rosemary Mbabazi, Chid Mpemba, Usha Rao Mpemba, Lydia Zigomo, Oulie Keita, Maxime Houinato, Maxweel Gomera n'abandi.

Iyi nama izasozwa n’igitaramo cy’aba bahanzi. Ni ubwa mbere Jay Prayzah agiye gutaramira mu Rwanda. Mu itangazamakuru n’abandi bakunze kumwita ‘Musoja’.

Uyu mugabo yavutse ku wa 4 Nyakanga 1987, yujuje imyaka 35 y'amavuko. Yavukiye ahitwa Uzumba Maramba Pfungwe muri Zimbabwe. Yarushinze na Rufaro Chiworeso.

Azwi cyane mu ndirimbo zirimo nka 'Dangerous' na 'Dzamutsana' yo mu 2018, 'Hokoyo' n'izindi.


Mu 2019, ubwo Perezida Kagame yafunguraga inama ya Youth Connekt Africa Summit

Mu 2019, Patoranking yatanze ikiganiro muri iyi nama, anaririmba mu gitaramo cyayiherekeje 

Iyi nama yitabirwa n'urubyiruko rwo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika 

Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Rosemary Mbabazi ubwo yatangaga ikiganiro muri iyi nama 

Youth Connekt Africa ifite intego yo guhuza, gufasha no kugera ku rubyiruko miliyoni 226 rwo muri Afurika 

Mu 2019, urubyiruko rusaga 12,000 rwiyandikishije kwitabira iyi nama 

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye iyi nama ya Youth Connekt Africa Summit 


Patoranking yavuye i Kigali yirahira Perezida Kagame nyuma yo guhura

Jah Prayzah utegerejwe i Kigali mu gitaramo kizaherekeza inama ya Youth Connekt Africa 

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'MY WOMAN' YA PATORANKING

">

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'MUKWASHA' YA JAY PRAYZAH

">

MU 2019, PATORANKING YAKOREYE IGITARAMO GIKOMEYE I KIGALI

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...