Patient Bizimana yasubitse igitaramo cya Pasika i Kigali kubera icya Ben na Chance

Iyobokamana - 28/04/2026 10:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Patient Bizimana yasubitse igitaramo cya Pasika i Kigali kubera icya Ben na Chance

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, yatangaje ko igitaramo yari yateganyije gukora ku munsi mukuru wa Pasika i Kigali cyasubitswe ku mpamvu z’uko cyahuriranye n’igitaramo cya Ben na Chance bise “Easter Jubilee.”

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Patient Bizimana yavuze ko yari yiteguye gutaramira abakunzi be ku wa 5 Mata 2026, umunsi wizihizwagaho Pasika, ariko biza kurangira atabikoze nyuma yo kubona ko hari n’abandi bahanzi bari bateguye igitaramo gikomeye kuri uwo munsi.

Uyu muhanzi utuye muri Amerika, akiri mu Rwanda yakoraga buri mwaka igitaramo gikomeye kuri Pasika cyitwaga 'Easter Celebration' ndetse yanditse amateka yo kugitumiramo umuhanzikazi w'icyamamare muri Afrika, Sinach, wataramiye bwa mbere mu Rwanda mu 2018 ku butumire bwa Patient Bizimana.

Patient avuga ko yari yateguye gutaramira mu Rwanda kuri Pasika y'uyu mwaka, ariko aza kubihinduka. Yagize ati: “Uyu mwaka nabonye abavandimwe [Ben na Chance] bagiye gukora igitaramo cya Pasika, mbona n’ubundi ntagikora kandi Ben na Chance nabo bagifite bagiye kugikora, mpitamo guhindura.”

Icyo gitaramo cya Ben na Chance cyabereye muri BK Arena, kikaba cyaritabiriwe n’abakunzi benshi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ibintu byashoboraga gutuma habaho gutatana ku bafana iyo n’icya Patient Bizimana kiba kuri uwo munsi.

Patient Bizimana yavuze ko impamvu nyamukuru yateye uku kudahuza gahunda ari uko hatabayeho ibiganiro bihagije hagati y’impande zombi mbere yo gutangaza amatariki y’ibitaramo.

Ati: “Kubera ko itariki yari yahuye, bisa n’aho habayeho kutavuga neza ngo tubivugane. Ariko icy’ingenzi ni uko Pasika yabaye neza, Abanyarwanda barishima.”

Yakomeje agaragaza ko nubwo ibyo byabaye, nta kibazo gikomeye kirimo, ahubwo ari ibintu bashobora gukosora mu gihe kiri imbere binyuze mu biganiro n’ubufatanye.

Yagize ati: “Nzavugana nabo turebe icyiza gifitiye inyungu umurimo w’Imana. Icy’ingenzi ni uko ubutaha tuzabona umwanya wo kubiganiraho neza, tugashyira imbere inyungu z’ubwami bw’Imana.”

Ibi bigaragaza ko mu muziki wa Gospel mu Rwanda hakomeje kwiyongera ibikorwa n’ibitaramo bikomeye. Patient Bizimana atangaje ibi, mu gihe aherutse gusohora amashusho y’indirimbo “Ndi Hano” yakoranye n’umunyamerika Kimber Terry.

Kimber Terry ni umunyamerika wakoze ubukwe n’umunyarwanda Claude. Ndetse, Patient Bizimana avuga ko yemeranyije na Kimber Terr gukorana indirimbo, ubwo yaririmbaga mu bukwe bwe na Claude, ibyatumye anaririmba mu rurimi rw’Ikinyarwanda muri iyi ndirimbo.

Patient Bizimana yasobanuye ko yasubitse igitaramo cya Pasika yateganyaga i Kigali nyuma yo kubona ko cyahuriranye n’icya Ben na Chance cyabereye muri BK Arena

 

Nubwo yari yateguye igitaramo ku munsi wa Pasika, Patient Bizimana yahisemo kugihagarika kugira ngo hirindwe guhurirana kw’ibikorwa by’abahanzi bo kuramya no guhimbaza Imana 


Patient Bizimana yavuze ko yiteguye kongera gutaramira i Kigali, kandi ko gahunda yayimuriye umwaka utaha mu rwego rwo kwiyegereza abafana be n’abakunzi b’umuziki muri rusange

 

Patient Bizimana ari kumwe na Kimber Terry bakoranye indirimbo ‘Ndi Hano’

Patient Bizimana ni we watumiye Sinach bwa mbere mu Rwanda mu gitaramo cya Pasika

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘NDI HANO’ YA PATIENT BIZIMANA NA KIMBER TERRY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...