Bizimana
yabwiye InyaRwanda ko uyu mwana w’umuhungu yavutse ku wa Gatatu tariki 15 Mata
2026, avukira mu mujyi wa Nashville muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku bitaro
bya Tristar StoneCrest Medical Center.
Patient
Bizimana yavuze ko kubona uyu mwana ari umugisha ukomeye ndetse anabyita
“igihamya cy’urukundo rw’Imana,” agaragaza ko yishimiye uko umuryango we
ukomeje kwaguka mu mahoro n’umunezero.
Uyu
mwana wavutse kuri iyi nshuro abaye uwa gatatu muri uyu muryango, nyuma y’undi
muhungu w’imfura wavutse ku wa 23 Nzeri 2022, ndetse n’ubuheta bavutse ku wa 24
Mata 2024, bise Elijah Bizimana.
Urukundo
rwa Patient Bizimana na Karamira Uwera Gentille rwatangiye kumenyekana mu 2021,
ubwo ku wa 19 Ukuboza uwo mwaka basezeranaga imbere y’Imana mu rusengero rwa
Evangelical Restoration Church (ERC) Masoro, mu muhango wayobowe n’umugore wa
Apotre Masasu Joshua.
Ubukwe
bwabo bwitabiriwe n’abantu batandukanye bo mu myidagaduro n’abahanzi, barimo Serge
Iyamuremye, Prosper Nkomezi, ndetse na James&Daniella n’abandi.
Nyuma
y’icyo gihe gito basezeranye, Patient Bizimana yahise asohora indirimbo
yihariye yahimbiye umugore we, agaragaza ko urukundo rwe rushingiye ku gushima
Imana no ku isezerano bahuriyeho.
Mu
butumwa bwe bw’amarangamutima, yari yaragaragaje ko umugore we amubereye
inshuti, umuvandimwe n’umufasha w’ubuzima, anemeza ko nta kintu na kimwe
cyabasha kubatandukanya mu rugendo rwabo rw’ubuzima.
Kugeza
ubu, uyu muryango wa Patient Bizimana na Karamira Uwera Gentille ukomeje
kugaragaza ibyishimo bikomeye, aho ivuka ry’uyu mwana mushya ryakiriwe
nk’umugisha n’ishimwe ry’Imana mu buzima bwabo.

Patient
Bizimana n’umugore we bibarutse umwana wabo wa gatatu w’umuhungu, bakomeza
gushimangira ko Imana ari iyo kwizerwa mu buzima bwabo
