Mu
kiganiro “Echoes of Fame” cya InyaRwanda, Pastor P wamenyekanye mu bihangano
bikomeye nka ‘Habibi’ ya The Ben na ‘Adi Top’ ya Meddy, yavuze ko iyi ndirimbo
‘Naramukundaga’ imaze imyaka icyenda isohotse, ariko igitekerezo cyayo cyari
kimaze igihe kinini mu ikayi ya King James.
Yagize
ati: “Sinzi ukuntu rimwe twaganiriye, abo mu muryango we nibo bambwiye bati:
‘hari indirimbo yajyaga aririmba cyera ari muto avugamo ngo hari igihe kimwe
naje gukunda umukobwa’. Ngira ngo yayihimbye akiga mu mashuri yisumbuye, yari mu
ikayi, yarayibagiwe. Yumvaga ari ibintu bya kera. Ariko urabona ukuntu
abanyarwanda bayikunze n’ukuntu ari indirimbo yabanyuze.”
Pastor
P avuga ko iyo ndirimbo bayimubwiyeho cyane mu buryo bumugaragariza ko ifite
uburemere bwihariye. Yumvise ko kuyitunganya no kuyisohora byari ingenzi kuko
yari ifite imbaraga zirengeje uko King James yayibonaga icyo gihe.
Ati:
“Naramubwiye nti: ‘iyi ndirimbo tugomba kuyifatira amajwi.’ Hari n'igihe uba
ugendera ku mudiho ugezweho, ukavuga uti abantu bashobora kutayakira, ariko
irasohoka igaca ibintu.”
Iyi
ndirimbo yarakunzwe cyane, ikaba yarasubije King James mu isura nshya
y’umuhanzi ukora umuziki ugaragaza amarangamutima n’ubutumwa butuje.
Ku
rubuga rwa YouTube no ku mbuga zicururizwaho umuziki, ‘Naramukundaga’ yagiye
ihabwa amanota yisumbuye n’abafana ndetse n’abasesenguzi b’umuziki.
Kuba
yaravutse ku gitekerezo cy’umuryango w’umuhanzi bigaragaza ko abahanzi bamwe
baba bafite ubutunzi bw’ibitekerezo batakaje cyangwa bibagirwa, ariko iyo
hagize ubibutsa, bikavamo ibihangano bikomeye.
Pastor
P, witwa Ndanga Bugingo Patrick, avuga ko indirimbo ya mbere yibuka ko yakoze
ari iy’ishuri rya FAWE Girls School mu 2004, ubwo yafata piano akayihimbira
indirimbo. Ibyo byabaye intangiriro y’urugendo rwe rukomeye mu buhanzi bwo
gutunganya umuziki.
Kuva
ubwo, Pastor P yakoreye abahanzi batandukanye indirimbo zakunzwe mu buryo budasanzwe.
Izo twavuga zirimo: ‘Habibi’ ya The Ben, ‘Adi Top’ ya Meddy, ‘Indoro’ ya Charly
na Nina, ‘Mu Gihirahiro’ ya Jay Polly, ‘Sintuza’ ya Urban Boys, n’izindi
nyinshi zakoze amateka.
Uretse
ubuhanga bwe mu muziki, Pastor P abayeho ubuzima butangaje. Avuga ko ari umuntu
wubaha Imana ariko udafite idini runaka rimuyobora. Afite urukundo rukomeye ku
mubyeyi we, ari naho yahereye yishyiraho tattoo ifite isura y’uyu mubyeyi ku
mubiri we, nk’ikimenyetso cy’urukundo rudasanzwe amufitiye.
Uyu mugabo usigaye ari umwe mu batunganya indirimbo b'icyitegererezo mu Rwanda, avuga ko ibyo akora abikora abikunze kandi ko ari byo bimuhesha umugati.
Pastor
P, umwe mu batunganya indirimbo b’inararibonye mu Rwanda, yavuze ko indirimbo
‘Naramukundaga’ ya King James yaturutse ku bitekerezo by’umuryango
Ndanga
Bugingo Patrick [Pastor P] amaze imyaka myinshi ari inyuma y’indirimbo zakunzwe
mu Rwanda, zirimo ‘Adi Top’, ‘Habibi’ na ‘Indoro’.
King
James yabanye igihe kinini na Pastor P byatumye barakoranye indirimbo nyinshi
zakunzwe mu buryo bukomeye
KANDA
HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE TWAGIRANYE NA PASTOR P
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘NARAMUKUNDAGA’ YA KING JAMES