Pasiteri yamubwiye uko azitwara! Miss Ingabire Grace yavuze uko yiteguye mbere yo kujya muri Miss World-VIDEO

Imyidagaduro - 18/11/2021 5:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Pasiteri yamubwiye uko azitwara! Miss Ingabire Grace yavuze uko yiteguye mbere yo kujya muri Miss World-VIDEO

Tariki 16 Ukuboza 2021, abakobwa 116 b’ubwiza bo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi harimo na Miss Ingabire Grace uzaba uhagarariye u Rwanda, bazahurira mu gihugu cya Puerto Rico bahataniye ikamba rya Miss World 2021.

Ni ku nshuro ya 70 iri rushanwa rigiye kuba. Mu 2020, ryarasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri iki gihe.

Abategura iri rushanwa batangiye kugaragaza amashusho ya buri mukobwa uhatanye muri iri rushanwa mbere y’uko umunsi nyirizina ugera.

Muri aya mashusho hakubiyemo, ibikorwa umukobwa yakoze mu gihe amaze yambaye ikanzu, uko yiyumva yitegura guserukira igihugu cye n’ibindi.

Ni ku nshuro ya Gatanu u Rwanda rugiye kwitabira iri rushanwa. Mu 2020, u Rwanda rwari guhagararirwa na Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020 ariko ntibyakunze kubera Covid-19.

Ingabire Grace wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2021 ashima Imana kuba Covid-19 yaragenje macye, bimwe mu bikorwa ku Isi byari byarahagaritswe bikongera gufungurwa. 

Mu kiganiro cyihariye na INYARWANDA, Miss Ingabire Grace yavuze ko amaze iminsi mu myiteguro yo guserukira u Rwanda muri Miss World, kandi ko ba Nyampinga bamubanjirije bitabiriye iri rushanwa bamubwiye uko agomba kwitwara.

Uyu mukobwa anavuga ko hari abayobozi mu nzego zitandukanye bazahura mbere y’uko ajya guhagararira u Rwanda. 

Ati “Twaraganiriye ariko nanone tuzongera duhure tuganire, abantu batandukanye bo mu nzego zitandukanye z’igihugu hamwe na ba Miss kungira inama kugira ngo nzagende hari impamba mfite."

Miss Ingabire avuga ko amezi umunani ashize yambitswe ikamba, hari ibyahindutse mu buzima bwe, ariko kandi ngo hari imiryango yafungutse kubera iri kamba yambitswe.

Akavuga ko kuva yakwambikwa ikamba yatangiye kwiga byinshi kuri Miss World kugira ngo azabashe kwitwara neza. Avuga ko iri rushanwa ryibanda cyane kukureba uko Nyampinga akoresha umwanya afite mu guhindurira ubuzima sosiyete [Ubwiza bufite intego].

Uyu mukobwa yavuze ko yiteguye guhesha ishema u Rwanda, kuko yakoze imyitozo ihagije yaba mu kumenya kuvugira mu ruhame, gutanga ibisubizo biboneye, gusobanura no kugaragaza neza umushinga we, by’umwihariko gusenga cyane.

Ati “Ni ukwitegura! Yaba ari mu buryo busanzwe no mu buryo bwo gusenga. Kwitegura mu buryo bugaragara, gutegura imishinga yanjye neza, ukuntu nzayisobanura n’ubu ngubu turacyari mu myiteguro. Mbese ni ukwitegura mu buryo bwose bukenewe, gusenga ibintu byose."

Grace avuga ko ari umugisha kuri we, kuba Imana yamugiriye ubuntu bwo guserukira u Rwanda. Akavuga ko ashaka kuzakoresha imbaraga ze n’ubwenge bwe bwose, kugira ngo azitware neza muri iri rushanwa, ku buryo nta gice na kimwe kiri muri iri rushanwa afitiye ubwoba.

Uyu mukobwa avuga ko hari Pasiteri wamubwiye kujya muri iri rushanwa ashyize imbere isengesho, kandi ntaterwe igihunga n’uko ari irushanwa ahatanyemo.

Akomeza ati “Hari n’umuntu wari wangiriye inama yo kutabifata nk’irushanwa, ahubwo ngakora uko nshoboye hanyuma nyine ukareba uko Imana yabihisemo."

"Ariko nyine ntabifashe cyane nko kurushanwa. Ahubwo ni ukugenda nkerekana ibyo Imana yampaye, nkakoresha ubwenge Imana yampaye, nkanyurwa na buri kimwe, nkabyigiramo, ariko nyine nkakora uko nshoboye ku kigero cyo hejuru."

Yungamo ati “Ni Pasiteri. Nzamubabwira, ariko mufate ko ari Pasiteri wabimbwiye. Ntabwo nari nagiye gusenga, ariko nyine yangiriye izo nama."

Miss Ingabire Grace avuga ko mu muryango we bamugira inama yo kwigirira icyizere, kurya neza, kuryama neza, akabyuka kare kandi agaharanira gukura ubumenyi muri iri rushanwa azitabira.

Muri Gicurasi 2019, nibwo Miss Ingabire Grace yasoje amasomo ye y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s Degree) muri Kaminuza yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yitwa Bates College iherereye muri Leta ya Maine; aho yaboneye impamyabumenyi mu bijyanye no kubyina (Dance Choreography) hamwe na 'Phyilosopy' ndetse na 'Psychology'.

Amashuri abanza yayigiye muri Kigali Parents School, Icyiciro rusange (Tronc commun) yiga muri Nu-Vision High School na Gashora Girls’ Academy (A’level).

Ingabire ni umwe mu bakobwa barangirije amashuri yisumbuye mu ishuri rya Gashora Girls’ Academy batsinze neza. Muri iryo shuri Ingabire Grace yize mu ishami ry’Imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi.

Ni ku nshuro ya 70 Miss World igiye kuba, kuri iyi nshuro izabera ahitwa José Miguel Agrelot Coliseum mu Mujyi wa San Juan muri Puerto Rico kuva ku wa 16 Ukuboza 2021. Umukobwa uzambikwa ikamba azasimbura umunya-Jamaica Toni-Ann Singh.

U Rwanda rumaze kwitabira irushanwa rya Miss World inshuro enye guhera 2016 kugeza 2020 aho rwahagaririwe na Miss Mutesi Jolly muri 2016, Miss Iradukunda Elsa 2017, Miss Iradukunda Liliane 2018, Miss Nimwiza Meghan 2019. Ntawigeze abasha kugera no muri 20 ba mbere habazwe ibice byose by'irushanwa.

N'ubwo ari uko bimeze ariko, ba Nyampinga bahagarira u Rwanda muri iri rushanwa bitwara neza mu duce tumwe na tumwe tw'irushanwa nko mu gace ko kumurika umuco w'igihugu no mu gace k’ubwiza bufite intego.


Miss Ingabire Grace ugiye guserukira u Rwanda muri Miss World, afite icyizere cyo kuzitwara neza

Miss Ingabire Grace yasabye Abanyarwanda kuzamutora mu gihe cy’amatora yo kuri internet, kuko bihesha amanota menshi igihugu

Harabura iminsi micye Ingabire Grace akerekeza muri Miss World izabera muri Puerto Rico ku nshuro ya 70

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MISS INGABIRE GRACE

">VIDEO: Iradukunda Jean de Dieu-INYARWANDA.COM


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...