Iki
gitabo cyamuritswe mu muhango wabereye muri Mövenpick Hotel Kigali mu ijoro ryo
ku wa Gatandatu tariki ya 14 Werurwe 2026. Witabiriwe n’abarimo Pasiteri Julienne
Kabanda, Rev. Alain Numa, Tracy Agasaro n’umugabo we Rene Patrick, umwanditsi
w’ibitabo Pastor Umuhoza Barbara n’abandi banyuranye.
Mu
ijambo rye, Pasiteri Serge Ntwari yavuze ko yanditse iki gitabo ashaka
kugaragaza ko niba Imana yararemeye gukiranwa, ari ikimenyetso ko nta kintu na
kimwe umuntu adashobora guhangana na cyo mu buzima.
Yagize
ati: “Nanditse iki gitabo kugira ngo ngaragaze y’uko niba Imana yaremeye ko
ikiranwa kandi ikanabyandika ko yakiranwa n’ukutugaragariza y’uko nta mwanzi
urenze Imana twagira mu buzima. Niba Imana yaratweretse ko yakiranwa,
ni ukutwereka y’uko nta kintu na kimwe tutakiranwa nacyo muri ubu buzima. Niba
nayo yemera gukiranwa, nta mwanzi, nta bihe, nta kintu na kimwe icyo ari cyo
cyose gishobora kutwivuga hejuru. Twagikiranya, tukakinesha […]
Iki
gitabo cyashyizwe mu rurimi rw’Ikinyarwanda n’umukinnyi wa filime Valens
Rukundo, uzwi nka ‘Boss Rukundo’ muri filime Impanga. Mu Cyongereza kigizwe na
paji 41, mu Kinyarwanda kikagira paji 210, mu gihe mu Gifaransa gifite paji 171.
Pasiteri Serge Ntwari yavuze ko yagisoje mu gihe cy’amezi atanu.
Uyu
mupasiteri yavuze ko igitekerezo cyo kwandika igitabo cyaturutse ku bushake bwo
gutanga umusanzu mu burezi bw’abana, kuko yifuza ko ibyo yemera ari na byo
abana be bazakura bumva.
Yavuze
kandi ko hari igihe yumvise ijwi rimubaza impamvu atandika igitabo, maze
agasubizwa ko ibyo amaze kunyuramo mu buzima ari byo byatanga inyigisho
zishobora gufasha abandi.
Serge
Ntwari yavuze ko nubwo yatekerezaga ko azandika igitabo ari uko amaze kurenga
imyaka 40, igitekerezo cyo kwandika cyamujemo akiri muto afite imyaka 19.
Asobanura ko kwandika igitabo ari uburyo bwo gusohora ibitekerezo, ubuhamya n’ibyo
umuntu yanyuzemo.
Ati:
“Kwandika igitabo ni ugushyira ku rupapuro ibintu bikurimo. Byaba ubuhamya
bwawe cyangwa ibyo wanyuzemo, ukabishyira mu gitabo.”
Iki
gitabo cyanditswe mu ndimi eshatu zirimo Ikinyarwanda, Icyongereza
n’Igifaransa, kandi Pasiteri Serge Ntwari yavuze ko ateganya kuzagishyira no mu
zindi ndimi.
Mu
butumwa gikubiyemo, agaragaza imitekerereze y’umuntu ukirana n’Imana, akerekana
ko kugera ku ntsinzi bisaba gukora ibitamenyerewe.
Ati:
“Niba ushaka kugera ku bidasanzwe, bigusaba gukora ibyo abandi batakoze. Ariko
kandi ntushobora gukirana n’Imana n’abantu udafite ubufasha bw’Imana.”
Muri
iki gitabo kandi, Pasiteri Serge Ntwari asobanura ko mu buzima umuntu akeneye
abantu bane b’ingenzi.
Uwa
mbere ni “Divine Connectors” cyangwa se abahuza abantu n’amahirwe, baba bafite
amakuru cyangwa amahirwe ashobora guhindura ubuzima bw’umuntu.
Abakurikira
ni “Men Influences”, abantu bavuga rikijyana bashobora gufungura imiryango
umuntu yashobora gusengera igihe kinini atarayigeraho.
Aba
gatatu ni “Gifted People”, abantu bafite impano n’ubumenyi bufasha abandi
kugera ku byo bifuza badatakaje umwanya munini.
Abanyuma
ni abantu badufasha kwikorera imitwaro, abo umuntu ashobora kubwira ibibazo bye,
bakamutega amatwi bakamufasha kubyikuramo.
Yatanze
urugero kuri Yesu wavuzwe muri Bibiliya, wahawe ubufasha bwo kwikorera
umusaraba na Simon, agaragaza ko no mu buzima busanzwe abantu bakeneye abafasha
mu bihe bikomeye.
Muri
iki gitabo kandi agaragaza ko umugisha ushobora kugereranywa n’amashanyarazi,
aho agaragara mu buryo butandukanye bitewe n’uko umuntu awukoresha.
Ati:
“Imana ishobora guha umuntu imodoka ya Range Rover, undi ikamuha Toyota.
Ntukibaze impamvu byabaye bityo, ahubwo ujye wakira umugisha wawe uko uza.”
Serge
Ntwari yavuze ko mu kwandika iki gitabo yagowe cyane no kugishyira mu rurimi
rw’Ikinyarwanda, ariko ko yanogowe no guhuriza hamwe ibitekerezo byose yari
afite.
Yavuze
ko igice cya munani (Chapter 8) ari cyo cyamukoze ku mutima kurusha ibindi,
kuko gishingiye ku nkuru ivugwa muri Bibiliya, cyibutsa abantu ko hari igihe
umuntu agomba gufata icyemezo cyo gukora ibyo yemera, akizera ko Imana
izamuherekeza.
Ati:
“Hari aho umuntu agera akibaza ati: Niba umaze imyaka myinshi ukora ibintu
runaka, utekereza ko uramutse ufashe icyemezo cyo gukora ibyo wemera ko Imana
itazaguherekeza?”
Iki
gitabo cyitezweho gufasha abantu benshi gusobanukirwa neza uburyo bashobora
guhangana n’ibigeragezo by’ubuzima, bakabitsinda binyuze mu kwizera no gukorana
n’abandi. Kanda hano ubashe kugera kuri iki gitabo

Pasiteri
Serge Ntwari yamuritse igitabo cye gishya “Gukirana n’Imana n’abantu”, ashimangira
ko kwizera Imana bituma umuntu atsinda ibigeragezo by’ubuzima

Abayobozi
mu by’iyobokamana, abanditsi n’inshuti zinyuranye bitabiriye umuhango Pasiteri
Serge Ntwari yamuritsemo igitabo cye cyanditswe mu ndimi eshatu

Iki
gitabo cya Pasiteri Serge Ntwari gisobanura uko umuntu ashobora guhangana
n’ibigeragezo by’ubuzima abikesheje kwizera Imana n’ubufasha bw’abandi

Pasiteri
Julienne Kabanda [Uri ibyo] na Pasiteri Tom Gakumba [ibumoso] bitabiriye igikorwa cyo kumurika igitabo cya Pasiteri Serge
Ntwari, cyibanda ku nyigisho zo gukirana n’Imana n’abantu mu buzima bwa buri
munsi


Uhereye ibumuso: Pasiteri Julienne Kabanda, Serge Ntwari n'umugore we wagize uruhare mu iyandikwa ry'iki gitabo


