PAPA Sava yavuze urwibutso afite kuri Bruce Melodie bakinanye filime – VIDEO

Imyidagaduro - 29/06/2025 3:08 PM
Share:

Umwanditsi:

PAPA Sava yavuze urwibutso afite kuri Bruce Melodie bakinanye filime – VIDEO

Niyitegeka Gratien wamamaye ku mazina arimo Papa Sava, Seburikoko, Sekaganda n’andi, yavuze urwibutso afite kuri Bruce Melodie bakinanye muri filime yitwaga 'Inshuti Friends' yatambukaga ku inyaRwanda.com, ku gice cyayo cyitwaga AFRIFAME, nyuma igatangira kujya itambuka kuri TV10.

Mu minsi ishize, ni bwo hagaragaye amafoto ya Papa Sava ari kumwe n’umuhanzi Bruce Melodie muri Stade Amahoro, abantu bibaza byinshi ku cyo aba bombi baba bari gutegura.

Papa Sava abikomozaho, yagize ati: “Bruce Melodie ntabwo ari ubwa mbere tubanye kuko muri filime ‘Inshuti Friends’ Bruce Melodie yari umukinnyi w’imena, na Amag The Black n’uwitwaga Password, ntabwo ari ubwa mbere rero duhuye.”

Ku bijyanye n’ibyo bahuriyemo muri Stade Amahoro, yavuze ko atari we ukwiye kubitangaza. Ati: “Ni ibindi bikorwa bigiye gutangira, ariko bizatangira si kera ku buryo ari njye wamena amabanga. Bizatangira tariki ya 01 niba nta gihindutse, ariko ni akazi twahuriyemo nk’umuririmbyi w’umukinnyi wa filime, n’uwundi mukinnyi wa filime.”

Yahishuye ko Bruce Melodie isaha n’isaha yakongera kugaragara muri sinema kuko bigeze kubiganiraho amugira inama y’uko we n’itsinda rishinzwe kureberera inyungu ze mu muziki, bashobora gutangira gukora urwenya rushingiye ku muziki.

Ati: “Mubona n’iyo aganira, ni umunyarwenya wo ku rwego rwo hejuru. Imigaragarire ye, cyangwa se uburyo bwe bwo kuvuga adategwa, ni biriya nyine. Twarabiganiraga, ariko kuri njye urwego ariho rurandenze (aseka). Ntabwo ndi ku rwego rumwe na Bruce Melodie ku buryo ari umuntu ngiye guha akazi. We yabishatse yaza ariko sinjye wajya kumuzana ngo muhe akazi kuko tuvugishije ukuri ntabwo aho filime iri ariho umuziki uri, noneho ari mu ba mbere mu muziki w’u Rwanda.”

Niyitegeka yashimangiye ko uwavuga ko Bruce Melodie ari umuhanzi wa mbere mu Rwanda nta kosa yaba akoze, hashingiwe kuri ‘Starlink,’ ibikorwa binyuranye ari kugenda yagurira ahantu hose, uko yitwara ku rubyiniro, uburyo asabana n’abandi, ndetse n’uko atanga akazi mu ruganda rwa muzika.

Ibi Papa Sava yabitangaje mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 28 Kamena 2025, ubwo umukinnyi wa filime akaba n’umushoramari Mugisha Emmanuel uzwi cyane nka Clapton Kibonge, yamurikaga filime nshya yise “The Deceiver” ifite intego yo gukangurira abantu kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, kwirinda ibiyobyabwenge no kugira uruhare mu kubaka umuryango nyarwanda utekanye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Clapton yavuze ko iyi filime izagera ku isoko rusange mu Ukuboza 2025. Ni filime yakozwe binyuze muri kompanyi ye Daymakers Edutainment, isanzwe ikora imishinga ifite aho ihurira n’uburezi n’iterambere rusange binyuze muri sinema.

Yagize ati: “The Deceiver ni filime irimo ubutumwa bukomeye ku muryango nyarwanda. Turakangurira abantu kwirinda ihohotera rishingiye ku gitsina no kutaricecekaho, kuko rikomeje gufata indi ntera. Twibanze no ku bindi bibazo birimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, uburangare mu nshingano no kudaha agaciro umutekano w’umuryango.”

The Deceiver ikinwamo n’abakinnyi bazwi muri sinema nyarwanda barimo Twahirwa Ravanelly wubatse izina ku mbuga nkoranyambaga, AB Godwin, Damour Selemani, Sifa na Mimi. Na Clapton ubwe agaragara muri iyi filime nk’uko asanzwe anabikora mu y’indi mishinga akora.

Niyitegeka Gratien yahishuye ko hari ibikorwa agiye guhuriramo na Bruce Melodie mu ntangiriro za Nyakanga

Uyu muhanzi akaba n'umukinnyi wa filime, yavuze ko ataribwo bwa mbere ahuye na Bruce Melodie kuko bigeze gukinana filime

Papa Sava yahishuye ko Bruce Melodie ajya yifuza kongera kugaruka muri sinema n'inama yamugiriye

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NIYITEGEKA GRACIEN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...