Papa Leo wa XIV yasabye Abepiskopi bo muri Madagascar kutibagirwa abakene

Iyobokamana - 17/06/2025 11:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Papa Leo wa XIV yasabye Abepiskopi bo muri Madagascar kutibagirwa abakene

Papa Leo wa XIV yahuriye n’Abepiskopi baturutse muri Madagascar mu ruzinduko rwabo rw’Ububyutse (Jubilee) i Roma, abasaba ko bahora bibuka ko abakene kuko aribo bashyizwe ku mutima n’Inkuru Nziza ya Kristu.

Iyi nama yabaye ku wa Mbere muri Vatican, aho aba bepiskopi basuye Papa mu rwego rw’urugendo rutagatifu bagiriye mu mujyi wa Roma, ahari kubera Umwaka w’Ububyutse wa 2025.

Mu ijambo rye, Papa yashimye icyemezo cyabo cyo kuza gusura Umujyi wa Roma (uzwi nk ‘Umujyi mutagatifu), begereye imva ya Mutagatifu Petero, nyuma y’urugendo rw’ivanjili Papa Francis yagiriye muri Madagascar mu 2019, ndetse n’urugendo rwabo rwa ad limina Apostolorum bakoze muri 2022.

Papa Leo yabwiye aba Bepiskopi ati: “Ni byiza ko mwahisemo kuba abahire b’icyizere, hamwe n’ibihumbi n’ibihumbi by’abemera baturuka impande zose ku isi, basura buri munsi amarembo yera y’inzu nkuru za Papa.”

Yakomeje avuga ko n’Abepiskopi ubwabo bahamagarirwa kuba abagenzi b’icyizere, mbere na mbere ku giti cyabo no ku bayoboke babayoboka muri Madagascar, kugira ngo bose bahabwe “ubuntu bwo kugendera mu cyizere ari bwo Yezu Kirisitu ubwe.”

Mu gihe aba Bepiskopi basangiraga na Papa ibyishimo n’ibigeragezo by’ubusaseridoti bwabo, yabashishikarije gukomeza kugendana n’abemera, bababera ikimenyetso nyakuri cy’Inkuru Nziza.

Yagize ati: “Ndabakangurira buri umwe muri mwe kwita ku bihayimana, by’umwihariko abasaseridoti, kuko ari bo bafatanyabikorwa banyu ba mbere kandi ari abavandimwe banyu ba hafi. Mwirinde kandi kwibagirwa abasaseridoti n’abihayimana b’abagore bitanga uko bashoboye mu murimo w’iyogezabutumwa.”

Papa Leo yashimye cyane umurava n’ubutwari bwa Kiliziya ya Madagascar mu bikorwa by’ivanjili, avuga ko ari urubyaro rw’abamisiyoneri n’abahowe Imana, barimo Henri de Solages, umumisiyoneri wa mbere wageze muri Madagascar, ndetse na Mutagatifu Jacques Berthieu, umuhamya wa mbere w’ciyo gihugu wagejejwe ku rwego rw’Abatagatifu.

Papa Leo wa XIV yagize ati: “Mbasabye kutigiza amaso kure y’abakene. Ni bo nkingi ya mwamba y’Inkuru Nziza, kandi ni bo babereyemo abambere guhabwa ubutumwa bwiza.”

Yongeyeho ko Abepiskopi bagomba kumenya isura ya Kristu mu bakene, kandi bagahora bagira impuhwe zigaragara ku batishoboye n’abatishoboye kurusha abandi.

Mu gusoza, Papa Leo yasabye buri wese kurengera isi dutuyemo, by’umwihariko kwita ku bwiza bw’umwihariko bwa Madagascar, ashimangira ko kurengera ibidukikije ari igice cy’ingenzi cy’umuhamagaro wa shobuja.

Yagize ati: “Mutunge, murengere ibiremwa byose, kuko bimaze igihe biniga mu bubabare. Kandi mwigishe abemera banyu uburyo bwo kubirengera mu butabera no mu mahoro.”

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...