Papa Cyangwe yambitse impeta y’urukundo umugore we -AMAFOTO

Imyidagaduro - 10/05/2026 11:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Papa Cyangwe yambitse impeta y’urukundo umugore we -AMAFOTO

Umuraperi Papa Cyangwe yambitse impeta y’urukundo umugore we Christa Tete mu birori byabereye iruhande rw'aho batuye ku Irebero mu Mujyi wa Kigali, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Gicurasi 2026.

Ni ibirori byabaye mu buryo bwihariye ariko bwiganjemo ibyishimo, aho inshuti n’abo mu muryango wa hafi bari kumwe n’uyu muraperi mu rwego rwo kwizihiza intambwe nshya y’urukundo rwabo.

Uyu muraperi yari amaze igihe agaragaza ko ubuzima bwo kuba umugabo n’umubyeyi bwamuhinduye cyane, haba mu mitekerereze no mu buryo afata inshingano z’umuryango.

Mu Ukwakira 2025, nibwo Papa Cyangwe yifashishije imbuga nkoranyambaga ze yerekana ku mugaragaro umukunzi we Christa Tete, anatangaza ko babyaranye umwana umwe w’umuhungu.

Papa Cyangwe aherutse kubwira InyaRwanda, ko bahisemo kubana bishingiye ku rukundo, ubwumvikane n’intego bahuriyeho nk’umuryango.

Yagize ati: “Ubukwe ni umuco mwiza kandi ufite agaciro, ariko si cyo kintu cya mbere kuri njye. Ik’ingenzi ni urukundo, kumvikana no kumenya uwo muri kumwe. Ubukwe tuzabukora igihe cyose tuzaba tubonye ubushobozi kandi tubyumva neza.”

Papa Cyangwe yavuze kandi ko kuba umubyeyi byamuhaye inshingano nshya ndetse bituma ahora yitwararika ibyo akora n’ibyo avuga.

Ati: “Narahindutse cyane. Mbere navugaga ibintu byinshi ntatekereje cyane, ariko ubu mbanza gutekereza ku ngaruka z’ibyo mvuga, cyane cyane nkiri umugabo w’umuryango kandi nkiri umubyeyi.”

Yongeyeho ko umugore we ari umuntu wa mbere umufasha mu muziki we ndetse akanamugira inama ku bikorwa byinshi akora. Ati: “Ni we mufana wanjye wa mbere. Yumva indirimbo zanjye mbere y’uko zisohoka kandi akampa ibitekerezo bifasha.”

Uyu muraperi yavuze ko kuba afite umuryango byatumye arushaho gukura mu bitekerezo no gushyira imbere ituze n’ejo hazaza h’abamukomokaho.

Ati: “Umugabo ni we maso y’urugo. Bisaba gukora cyane, kwitonda no gufata inshingano. Hari ibintu byinshi ntagikora nk’uko nabikoraga mbere kuko ubu mfite abo ngomba kubaho ndeba.”

Mu myaka ishize, Papa Cyangwe yamenyekanye cyane mu muziki nyarwanda nk’umwe mu baraperi bavuga ibintu mu buryo bwisanzuye kandi budaciye ku ruhande, ariko avuga ko ubu ari kugerageza kubaho ubuzima bwubakiye ku nshingano no gutuza kurushaho.

Icyemezo cyo kubana na Christa Tete batarakora ubukwe, ni kimwe mu bigenda bigaragara cyane muri iki gihe haba mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga, aho bamwe mu byamamare bahitamo gushyira imbere urukundo n’ubwumvikane kurusha imihango.

Mu bahanzi mpuzamahanga bagiye bagarukwaho harimo Travis Scott wabanye igihe kinini na Kylie Jenner bakabyarana abana babiri batabanje gukora ubukwe.

Papa Cyangwe avuga ko icy’ingenzi kuri we ari ukubaka umuryango uhamye no gukomeza guteza imbere impano ye mu buryo buhamye, aho ashimangira ko urukundo rudakwiye gushingira gusa ku mihango, ahubwo ko rugomba kubakirwaho icyizere, kumvikana no kwitangira uwo mukundana.

“Ni we mufana wanjye wa mbere” - Papa Cyangwe yavuze ko umugore we Christa Tete ari umuntu wa mbere umva indirimbo ze mbere y’uko zisohoka 

Nyuma y’umwaka agaragaje umukunzi we ku mugaragaro, Papa Cyangwe yambitse Christa Tete impeta y’urukundo mu birori byabereye i Rebero

“Umugabo ni we maso y’urugo” — Papa Cyangwe yavuze ko kuba umugabo n’umubyeyi byamuhinduye cyane mu mitekerereze no mu mibereho 

Nubwo batarakora ubukwe, Papa Cyangwe na Christa Tete bavuga ko bahisemo kubaka urugo rushingiye ku rukundo, ubwumvikane n’inshingano


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...