Mu
kiganiro na InyaRwanda, Papa Cyangwe yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27
Gashyantare 2026, azatamira mu mujyi wa Kisoro muri Uganda, mbere y’uko
azatangira urugendo rwe rwo kuzenguruka u Rwanda agamije kumenyekanisha Album
ye ya Gatatu.
Yagize
ati: "Ni igitaramo cy’abantu ku giti cyabo bantumiye, ntabwo ari ibitaramo
nateguye. Ni akabyiniro k’abanyarwanda bari muri Uganda, aho bahuriza hamwe
abakunzi b’umuziki w’u Rwanda n’abanya-Uganda, kuri iyi nshuro ni jye uzabataramira."
Papa
Cyangwe yavuze ko uru ruzinduko ruzibanda ku gutangaza Album ye ya Gatatu,
ndetse n’ibitaramo byo kuzenguruka u Rwanda bizaba mu turere dutandukanye.
Ati: "Ibitaramo byanjye bizagera no muri Uganda, Kenya n’ahandi tuzabona
bikunda. Ariko by’umwihariko Uganda na Kenya tuzahakorera iyo 'Tour' kuri Album
ya Gatatu hamwe n’uturere two mu Rwanda, ibyo byamaze kwemezwa."
Uyu
muraperi yamenyekanye mu ndirimbo nka 'Kuntsutsu' yakoranye na Juno Kizigenza,
'Winsetsa', 'Bambe' yakoranye na Social Mula, ndetse na 'Imbeba' yahuriyemo na
Igor Mabano, akaba yaranagize uruhare mu kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda
muri iyi myaka ishize.
Papa
Cyangwe yaherukaga gushyira ku isoko Album ye ya kabiri yise 'Now or Never', ariko
ubu aritegura kwamamaza umusaruro we mushya w’umuziki.
Abafana
be, yaba abo mu Rwanda n’abo muri ‘Diaspora’, bafite byinshi biteze kuri iyi
Album, cyane ko izaba irimo indirimbo nshya ziteye amatsiko.
Nk’uko
yabitangaje, azagera muri Uganda mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare
2026, mbere yo gutaramira ku munsi ukurikiyeho.
Ibitaramo
bye by’ejo hazaza, byaba imbere mu Rwanda cyangwa hanze yacyo, byitezweho
kuzamura cyane umuziki nyarwanda ndetse no gufasha Papa Cyangwe gukomeza kwagura
izina rye ku rwego mpuzamahanga.

Papa
Cyangwe yiteguye gutaramira muri Uganda mbere yo kuzenguruka u Rwanda, mu rwego
rwo kwamamaza Album ye ya Gatatu izasohoka muri Gicurasi 2026
Papa
Cyangwe yatangaje ko igitaramo cya mbere kizabera muri Kisoro ku wa 27 Gashyantare 2026, aho azataramira ku butumire bw’abakunzi
b’umuziki


Papa Cyangwe azataramira muri Uganda kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO PAPA CYANGWE AHERUTSE GUKORANA NA MARINA
