Palestine yakoze amateka, bamwe mu Kanama Nkemurampaka barasezera: Miss Universe yasize urunturuntu

Imyidagaduro - 22/11/2025 11:17 AM
Share:

Umwanditsi:

Palestine yakoze amateka, bamwe mu Kanama Nkemurampaka barasezera: Miss Universe yasize urunturuntu

Mu mateka mashya y’irushanwa rya Miss Universe, umwaka wa 2025 wagaragaye nk’umwe mu yanditsemo urukurikirane rw’akaduruvayo, ibirego, n’imvururu zatumye iri rushanwa riva mu birori by’uburanga rikinjira mu mpaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Nubwo Palestine yakoze amateka yo kwitabira iri rushanwa ku nshuro ya mbere mu gihe cy’imyaka 70 ririmo ribaho, urumuri rw’iki gihugu rwariganje hagati mu bwoba, ibirego byo kurigiswa kw’amajwi n’ubwumvikane buke hagati y’abategura irushanwa n’abarushanwa.

Ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, umuhanzi w’Umunya-Lebanon n’Ubufaransa, Omar Harfouch wari umwe mu bagize akanama nkemurampaka, yashyize hanze ibirego bikomeye avuga ko yasezeye nyuma yo gusanga hari ibikorwa “bidasobanutse” biri gukorerwa mu ibanga.

Harfouch, wahise yegura amasaha 48 mbere y'uko mukobwa utsinda atangazwa, yavuze ko yari yarabwiwe mu buryo butaziguye ko Miss Mexico — Fatima Bosch — ari we uzegukana ikamba, biturutse ku bucuruzi bivugwa ko buhuza se wa Bosch n’umuyobozi wa Miss Universe, Raúl Rocha.

Yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga ati “Nabivuze umunsi umwe mbere y’irushanwa. Bambwiye ko baba bamukeneye ku mpamvu z’ubucuruzi,”

Si ibyo gusa. Harfouch yavuze ko habaye “itora rihishwe” ryatoranyije abakobwa 30 bazajya mu cyiciro gikurikira, kandi ngo ryakozwe n’abantu batari ku mugaragaro mu kanama nkemurampaka.

Ati: “Nta n’umwe uzi abatoranyijwe uretse umuntu umwe ubifitemo inyungu, kandi afitanye isano n’igihugu cyari mu irushanwa. Ibi ni amakosa akomeye yo kutabera.”

Harfouch yavuze ko atiteguye guhagarara imbere y’imbaga y’abareba Televiziyo “ngahimba ko nagize uruhare mu gutora ntigeze mbamo”, avuga ko bamwe mu bakobwa bavanywe mu irushanwa bashobora kuba baturuka mu bihugu biri mu ntambara cyangwa bifite imiterere yihariye ya politiki.

Miss Universe Organization ihakana ibirego

Bidatinze, Miss Universe Organization (MUO) yasohoye itangazo rivuguruza ibyo Harfouch yatangaje byose. Bati “Nta kanama kadahoraho kigeze gashyirwaho. Nta manota atemewe yabaye. Inzira z’ubucamanza muri Miss Universe zirakurikizwa ku buryo bugaragara kandi buteganyijwe.”

MUO yahise inamwibutsa ko atemerewe gukoresha izina rya Miss Universe mu buryo ubwo ari bwo bwose nyuma yo gusezera kwe.

Umunyabugeni w’umupira w’amaguru, Claude Makélélé, na we yeguye kubera “impamvu ze bwite” nk’uko yabivuze.

Nubwo we ntacyo yashyize ahagaragara mu ibanga ry’iri rushanwa, yavuze ko ari icyemezo kitoroshye mu rukundo akunda Miss Universe.

Yise iri rushanwa urubuga rufite agaciro ko guteza imbere “ubushobozi bw’abagore, ubwuzuzanye n’ubudasa.”

Kwegura kw’aba bagabo bombi byatumye amafoto y’imbere mu irushanwa atangira kuvugwaho byinshi, ndetse birushaho kongeza umwotsi ku muriro w’amakimbirane wari umaze iminsi uvugwa hagati ya Miss Mexico na Miss Thailand.

Umwuka mubi hagati ya Thailand na Mexico

Ibi bibazo byatangijwe n’inkubiri y’andi makimbirane yatangiye ubwo Nawat Itsaragrisil, umuyobozi wa Miss Universe Thailand, yagaragaraga mu mashusho ari gusohorwa n’abashinzwe umutekano nyuma y’impaka n’umukobwa wari uhagarariye Mexique.

Byahise bituma Miss Mexique isohora itangazo ryamagana icyo yise “ivangura” n’ihohoterwa ryakorewe umukobwa wabo.

Nawat yaje gusaba imbabazi, na Miss Universe Organization (MUO ihita imusubiza inyuma mu irushanwa, ibintu byerekanye ko ibibazo bitangiye gufata indi ntera.

Palestine yanditse amateka ariko irushanwa riba ridasize amahoro

Mu mateka mashya ya Miss Universe, Palestine yitabiriye bwa mbere, bituma bamwe babona ko iri rushanwa rigiye kuba urubuga rwo kugaragaza ubudaheranwa bw’abari n’abategarugori b’iki gihugu.

Ariko nubwo iyi ntambwe yanditse amateka, ikabatera ishema ku ruhando mpuzamahanga, ntabwo byabujije ko iri rushanwa riba iry’akarengane n’urujijo nk’uko bivugwa na bamwe.

Hari amakuru yagiye avugwa ko hari umwuka mubi hagati ya Miss Israel na Miss Palestine, ndetse ko hari ibikorwa byateguwe byashoboraga kuba byari bigamije kubashyira mu mwanya w’ubushyamirane butari ngombwa.

Nubwo Miss Universe Organization (MUO) ntacyo yigeze itangaza ku mugaragaro kuri ibi birego, byamaze gutera rwaserera ku mbuga nkoranyambaga.

Miss Universe 2025: Byarangiye ari uruhererekane rw’amakimbirane

Iri rushanwa ryari rizwiho kuba ishusho y’ubumwe n’ubusabane ryasize rimeze nk’ikiraro cy’amakimbirane.

Ibirego byo kurigisa, kwegura kw’abacamanza, umwuka mubi hagati y’abarushanwa, n’uruhare rw’ubucuruzi mu gutora — byose byahinduye Miss Universe 2025 isomo ryo kwibaza ku “bunyamwuga” bw’iri rushanwa rimaze imyaka risigasira izina ryaryo ku rwego rw’isi.

Nubwo Fatima Bosch yambitswe ikamba, igicu cy’ibibazo byavuzwe cyahise gitwikira intsinzi ye, bamwe bibaza niba koko amajwi yose yaranyuze mu mucyo.

Mu gihe Miss Universe Organization ivuga ko byose byakozwe mu buryo bwemewe, ibibazo biri ku mbuga nkoranyambaga n'amagambo ya Harfouch bikomeje gutera urujijo.

 

Fatima Bosch niwe wegukanye ikamba rya Miss Universe 2025 nyuma y’ibirori bikomeye

 

Abakobwa 120 nibo bari bahatanye muri iri rushanwa ryasize urunturuntu barimo na Solange Kayitesi wari uhagarariye u Rwanda

 

Omar Harfouch wasezeye rugikubita mu Kanama Nkemurampaka yagaragaje ko Fatima wo muri Mexique wegukanye ikamba atari arikwiye

Claude Makélélé yasezeye muri Miss Universe ku mpamvu yavuze ko ari ize ‘bweite’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...