P-Diddy yongeye kugabanyirizwa igihe cyo gufungwa

Imyidagaduro - 30/07/2026 3:46 PM
Share:
P-Diddy yongeye kugabanyirizwa igihe cyo gufungwa

Umuhanzi Sean "Diddy" Combs ashobora kurekurwa mbere y'igihe cyari giteganyijwe, mu gihe akomeje kujuririra igihano yakatiwe.

Umuraperi n'umushoramari w'Umunyamerika Sean "Diddy" Combs yongeye kugabanyirizwa igihe azamara muri gereza, aho biteganyijwe ko azarekurwa ku wa 23 Gashyantare 2028, nk'uko byatangajwe n'Urwego rw'Amerika rushinzwe amagereza. 

Aya makuru aje nyuma y'uko Diddy avuzweho gushyamirana n'undi mfungwa muri gereza ya FCI Fort Dix, biherako ashyirwa mu kato (solitary confinement). Icyakora, ubuyobozi bwa gereza ntibwigeze butangaza ibisobanuro birambuye kuri icyo kibazo. 

Diddy, w'imyaka 56, yakatiwe igifungo cy'amezi 50 nyuma yo guhamywa ibyaha bifitanye isano no gutwara abantu hagamijwe ibikorwa by'ubusambanyi.

Nubwo bimeze bityo, we n'abamwunganira mu mategeko bakomeje kujuririra icyo cyemezo, bavuga ko hari ibimenyetso byasobanuwe nabi n'urukiko. 

Kwamamaza ko igihe cye cyongeye kugabanywa byatumye abantu benshi bongera kuganira ku rubanza rwe, rumaze igihe rukurikiranwa n'itangazamakuru ryo hirya no hino ku isi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...