P Diddy arasaba guhindurirwa gereza afungiyemo

Imyidagaduro - 07/10/2025 3:11 PM
Share:

Umwanditsi:

P Diddy arasaba guhindurirwa gereza afungiyemo

Sean “Diddy” Combs ukiri mu gihome nyuma y’uko Urukiko rwa Manhattan rumukatiye igifungo cy’imyaka ine n’amezi abiri, yasabye ko yajya gufungirwa muri gereza ya Fort Dix muri New Jersey kugira ngo yiyiteho mu rwego rwo gukira ingaruka z’ibiyobyabwenge.

Mu gihe ubusabe bwe butari bwasubizwa, P Diddy aracyafungiye muri Metropolitan Detention Center i Brooklyn, muri Leta ya New York, aho ategereje icyemezo cya nyuma cy’urwego rushinzwe amagereza.

P Diddy yakatiwe ku wa 3 Ukwakira 2025, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri hanyuma rugatesha agaciro ibirego bikomeye byo gucuruza abantu (sex trafficking) n’ibindi bijyanye no gushaka amafaranga binyuze mu bikorwa byo gushimuta.

Nyuma y’isomwa ry’urubanza, Diddy yasabye imbabazi, avuga ko yicuza ibyaha yakoze ndetse yizeza umucamanza ko igihe azamara mu gifungo kizaba igihe cyo kwisuzuma no guhinduka.

Mu nyandiko yandikiwe umucamanza Arun Subramanian, abunganizi ba Diddy basabye ko afungirwa muri gereza ya FCI Fort Dix iri muri Leta ya New Jersey, gereza izwiho gucumbikira abanyabyaha badafite ibyaha bikomeye kandi ikaba ifite gahunda yihariye yo gufasha abashaka kuva mu biyobyabwenge.

Abamwunganira bavuze ko iyo gereza iri hafi y’aho umuryango we utuye, bityo byorohereza abavandimwe be kumusura kenshi no kumufasha mu rugendo rwo kwiyubaka no gukira ingaruka z’ibiyobyabwenge.

Diddy ubwe yavuze ko yifuza gufungirwa ahamufasha kugerwaho n’amasomo, kwitabira amasengesho no kugira amahirwe yo kongera gutekereza ku buzima bwe. Mu magambo ye, yavuze ati “Ndashaka gukoresha iki gihe kugira ngo mvemo umuntu mushya, wumva agaciro k’amahoro n’ubwiyoroshye.”

Nubwo abunganizi be bagaragaje ko urukiko rukwiye kumufata nk’umuntu wifuza gukosora amakosa ye, abashinjacyaha basabye ko igihano cya Diddy cyubahirizwa uko cyagenwe, bavuga ko ibyaha yakoze byagize ingaruka ku bantu benshi kandi bikwiye kubonerwa isomo.

Uretse ibyo, P Diddy yasabye imbabazi za Perezida Donald Trump, kugira ngo amukurireho igihano cye cyangwa akimuhindure. Trump nawe yemeje ko Diddy yamwandikiye amusaba imbabazi, ariko yongeraho ko atarafata umwanzuro ku buryo azabyitwaramo.

P Diddy yakatiwe imyaka 4 n'amezi abiri nyuma yo guhamwa n'ibyaha 2 

Donald Trump aherutse kwemeza ko P Diddy yamwandikiye amusaba imbabazi ariko atari yabifataho umwanzuro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...