Ousmane Dembélé yavuze isomo PSG yigiye ku mukino wa Aston Villa

Imikino - 16/04/2025 11:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Ousmane Dembélé yavuze isomo PSG yigiye ku mukino wa Aston Villa

Ousmane Dembélé yabwiye bagenzi be ko bagomba kwiga isomo rikomeye ku mukino wa Aston Villa ryo kumenya ko umukino usozwa ari uko umusifuzi ahushye mu ifirimbi.

Paris Saint-Germain yabonye itike iyijyana muri ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League, nubwo yatsinzwe na Aston Villa ibitego 3-2 mu mukino wo kwishyura wabereye i Birmingham ku wa Kabiri. 

Nubwo PSG yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 5-4, byabaye nk’ibitangaje ukuntu ikipe yari yatsinze ibitego 2 mu minota 30 ya mbere yisanga yugarijwe bikomeye.

Ousmane Dembélé, umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba PSG, ntiyazuyaje kuvuga ko ikipe yabo yakoze amakosa akomeye yo kwirara. Yagize ati: “Twatekereje ko umukino urangiye, ko twamaze gukomeza. Ibyo ni byo byatugizeho ingaruka. Aston Villa ni ikipe ifite abakinnyi beza kandi yakoresheje amahirwe yayo mu gihe twari twacitse intege."

Uyu mukino watangiye PSG ikina neza, ibona ibitego bibiri bya Achraf Hakimi na Nuno Mendes mu minota 30 ya mbere, byose byatangaga ishusho y’uko bakomeza nta nkomyi. Ariko y’igitego cya Youri Tielemans, ibintu byatangiye guhinduka.

Mu gice cya Kabiri, abafana ba Aston Villa barushijeho gushyigikira ikipe yabo, bituma John McGinn na Ezri Konsa batsinda ibindi bitego bibiri mu minota itatu gusa. PSG yasigaye yirwanaho ishaka uko yarokoka ikagera muri ½ cyane ko yari yugarijwe cyane.

Dembélé yakomeje agira ati: “Ni isomo rikomeye kuri twe. Champions League si ahantu ho gukinira mu buryo bwo kwirara. Tugomba gukina kugeza umusifuzi asoje umukino. Tugomba gukosora ibyo dukora nabi niba dushaka gutwara iri rushanwa."

PSG izahura n’ikipe iza gutsinda hagati ya Arsenal na Real Madrid mu mikino ya ½. Aya makipe arahura kuri uyu wa Gatatu, Arsenal ifite amahirwe menshi nyuma yo gutsinda 3-0 umukino ubanza.

Dembélé yemeza ko nubwo bahuye n’uruva gusenya, ibyo babonye bizabafasha kwitegura neza imikino itaha. Yagize ati: “Tugomba kongera imyitozo, tugaharanira gutsinda buri mukino. Gukomeza ni intambwe nziza, ariko gutwara igikombe ni cyo cy’ingenzi. Tugomba kuba ikipe yiyubashye, ikina neza kugeza ku munota wa nyuma."

 

Dembele yavuze ko PSG ikwiye kumenya neza ko umukino urangira ari uko umusifuzi ahushye mu ifirimbi

Aston Villa yakoze akazi gakomeye isezererwa kigabo na PSG



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...