Muri iyi minsi hari kuba ibitaramo bikomeye "Summer Country Tour" bizenguruka igihugu, bikaba biririmbamo Bruce Melodie, The Ben, Kitoko na Bwiza. Ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026 ibi bitaramo byakomereje mu Karere ka Bugesera, gusa inkuru iri kuvugwa cyane ni ukuba Bwiza ataririmbye, kandi ari igitaramo cyari cyabereye iwabo.
Mu
masaha ya saa Tatu z'ijoro, umushyushyarugamba (MC) Lucky Nzeyimana yaje ku rubyiniro ateguza
abantu ko bagiye kurya ‘show’ ndetse ahita avuga ko bagiye kuzana umuhanzi wa mbere
agahita atangira kuririmba.
Nyuma
y’aho, Lucky yahise ahamagara ‘band’ itangira gushyushya ibyuma no kuregera imirya
yabo neza kugira ngo batangire gutanga ibyishimo nk’uko ariyo ntego yatumye
bategura ibi bitaramo.
Iminota
10 yihiritse nta muntu uraza kandi Lucky yavuye ku rubyiniro ari band yonyine ihagazeho,
20 irashira nta kintu kirahinduka hanyuma birambiranye band nayo irongera
iramanuka ijya hasi gutegereza ko ibiganiro birangira bakagaruka.
Icyo
gihe ni bwo hahise hazamuka umuntu wo kuvanga imiziki arongera atangira
Nyuma
y’iminota ikabakaba isaha, MC Lucky Nzeyimana yaje ku rubyiniro yongera
guhamagara ‘band’ ndetse ahita anahamagara umuhanzi Kitoko Bibarwa ngo
aririmbe.
Muri
icyo gihe ubwo yahamagaraga Kitoko, ni nabwo Bwiza yahitaga avuga ko akoze impanuka
itumye atagera kuri Sitade ahabereye igitaramo.
IBIVUGWA
BYABEREYE INYUMA Y’AMARIDO
Muri
ibi bitaramo, hari kuvugwa abahanzi babiri gusa (Abo ni The Ben na Bruce
Melody). N’ubwo aribo bari kuvugwa, ntabwo ari bo bonyine bari muri ibi bitaramo
kubera ko Kitoko Bibarwa na Bwiza nabo babirimo.
Ku bwo
gushaka ko ibi bitaramo bigirira Bwiza akamaro kanini katari ak’amafaranga gusa
ahubwo akamaro k’ibi bitaramo kakaba no mu kwerekana ubuhanga bwa Bwiza, hari harateguwe
ibintu bidasanzwe.
Bwiza
n’abamureberera inyungu batanze amafaranga menshi mu kwitegura ndetse no guhanga
udushya twinshi twari gutuma Bwiza nk’umwana wari uri iwabo akora
Ni
muri urwo rwego hari hakoreshejwe ibyapa byinshi byanditseho ‘Bwiza’ ndetse
Muri
macye, imbaraga zose mu bitaramo bya Summer Country Tour zari zashyizwe mu karere
ka Bugesera.
Ibi
byakorewe Bwiza ni nabyo bifuzaga gukorera Kitoko Bibarwa mu karere ka Rubavu mu
rwego rwo kugira ngo aba bahanzi nabo bagire abantu bakora muri ibi bitaramo aho
kubona amafaranga gusa.
Mbere
y’uko bahamagara abahanzi ku rubyiniro, Bwiza yagaragaje ko atabanza ku rubyiniro
kubera ibintu yari yateguye akavuga ko abanje atabasha gukora nk’uko yari
yabiteguye icyakora agasaba ko Kitoko yamubanziriza ku rubyiniro hanyuma we
akaza kuza ari uwa kabiri.
Nyuma
yo kurita mu gutwi, Kitoko yahise abitera utwatsi yiruka avuga ko ibyo bintu bidashoboka
ngo abanzirize ku rubyiniro umuhanzikazi Bwiza.
Kitoko
yasobanuriwe impamvu ndetse bamwereka ko atari ukumusuzugura ariko aranga aratsemba
avuga ko ataza kuva ku izima ngo abanze ku rubyiniro hanyuma Bwiza aze kuza
amukurikiye.
Nyuma
y’uko yanze kumvwa, Bwiza nawe yagaragaje ko atiteguye kubanza ku rubyiniro uko
byagenda kose birangira abategura igitaramo bamubwiye ko niba atabashije kubanza
ku rubyiniro yabyihorera undi nawe ahita abyihorera.
Gusa
hari andi makuru yacicikanye muri icyo gihe ubwo bari mu biganiro avuga ko Kitoko
yahawe andi mafaranga 400,000Frw ngo abanze ku rubyiniro mbere ya Bwiza ariko
nabyo arabyanga.
Nyuma
yo kubona ko Kitoko yanze yatsembye kandi ko Bwiza wari umaze igihe kirekire avuga
ko azakora ibintu bikomeye atashobora kubikora muri ako kanya, Bwiza yahise
ashaka impamvu ni ko gutangaza ko yakoze impanuka bityo akaba atakiririmbye.


Byarangiye Kitoko Bibarwa aririmbye nyuma y'uko Bwiza atabonetse ngo aririmbe ku mwanya wa mbere
