Olivia Rodrigo yatandukanye n’umukunzi we Louis Partridge nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze bakundana

Imyidagaduro - 22/12/2025 8:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Olivia Rodrigo yatandukanye n’umukunzi we Louis Partridge nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze bakundana

Umuhanzikazi akaba n'umukinnyi wa filime wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Olivia Rodrigo n’umukunzi we w'umukinnyi wa filime w’Umwongereza Louis Partridge biravugwa ko batandukanye nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze mu rukundo.

Aba bombi Olivia Rodrigo na Louis Partridge bafite imyaka 22 y'amavuko batandukanye mu byumweru bike bishize, bikaba byatunguye inshuti zabo za hafi. Uwatanze aya makuru yahamirije ikinyamakuru The Sun ati: “Ibyumweru bishize ntibyaboroheye, ni yo mpamvu bafashe umwanzuro wo gufata akaruhuko mu mubano wabo kuri ubu.”

Amakuru akomeza avuga ko Olivia Rodrigo yagaragaye afite  amarangamutima akomeye ubwo yitabiraga ibirori bya Noheli by’umuhanzikazi Lily Allen biherutse kubera i Londres.

Uwatanze aya makuru yagize ati: “Olivia yari mu birori bya Lily, agaragaza ko yihebye cyane ubwo yavugaga kuri ibi bibazo. Inshuti ze zari zimuri hafi cyane, ariko ibintu byaramugoye bikabije. Ubu ibintu birababaje cyane.”

Abahagarariye Olivia Rodrigo ntibahise basubiza Page Six yabasabaga ibisobanuro kuri aya makuru, mu gihe n’uhagarariye Louis Partridge we yanze kugira icyo abivugaho.

Olivia na Louis batangiye kuvugwa nk’abakundana bwa mbere mu Ukwakira 2023, nyuma yo kugaragara bari kumwe mu birori bya Halloween i Londres.

Icyo gihe, ikinyamakuru US Sun cyatangaje ko bahujwe n’inshuti bahuriyeho, maze batangira kuganira, birangira babaye inshuti. Kuva icyo gihe, aba bombi bagiye bagaragaza ko bashyigikirana ku mugaragaro, ndetse ntibatinyaga kugaragaza urukundo rwabo mu ruhame.

Muri Kanama 2024, Olivia Rodrigo na Louis Partridge bagaragaye bwa mbere hamwe ku itapi itukura (red carpet) mu muhango wo kumurika filime ye “Disclaimer” wabereye mu iserukiramuco rya Venice Film Festival.

Mu kwezi kwa Nzeri, Louis Partridge yabwiye ikinyamakuru Esquire UK ko we na Olivia bahisemo kugabanya kugaragara cyane mu itangazamakuru ku bijyanye n’urukundo rwabo, avuga ko bombi basobanukiwe n’ingaruka zo gukundana mu gihe umuntu ari icyamamare.

Ati: “Yego, bifasha kudaha ibintu uburemere bukabije no kutabigira inkuru ndende zo gusobanura, cyane cyane iyo uri kumwe n’umuntu usanzwe usobanukiwe uko ibintu bimeze. Nizeye neza ko twembi turi mu rukundo ku mpamvu nziza, kandi iyo umuntu ageze ku rwego runaka rw’intsinzi, ibyo biba ari ibintu agomba kuzirikana.”

Uyu mukinnyi wamenyekanye muri filime “Enola Holmes” yanavuze ko nta kibazo afite kuba yamenyekana nka "Mr. Olivia Rodrigo" bitewe n’uko Olivia afite izina rikomeye cyane ku Isi mu muziki. Ati: “Nabishobora. Nishimye cyane, kandi ntekereza ko na we yishimye, bityo byose byari bimeze neza mu buzima bwacu.”

Mbere yo gukundana na Louis Partridge, Olivia Rodrigo yari yarigeze kuvugwa mu rukundo na DJ Zack Bia ndetse na producer Adam Faze.

Olivia Rodrigo ni muntu ki?

Olivia Isabel Rodrigo yavutse ku itariki ya 20 Gashyantare 2003 mu bitaro bya Rancho Springs Medical Centerbiherereye i Murrieta muri California, avuka ku babyeyi be Jennifer, wari umwarimu mu mashuri, na Chris, wakoraga nk’umujyanama w’imiryango (family therapist).

Olivia ni umwana w’ikinege, akaba yarakuriye mu mujyi wa Temecula uturanye na Murrieta. Yavutse afite ikibazo cyo kutumva neza mu gutwi kwe kw’ibumoso, aho atumva igice kinini cy’amajwi.

Akomoka ku muryango uvanze: ni umunyafilipine ku ruhande rwa se, akaba yiyita Umunyamerika ufite inkomoko mu Bafilipine (Filipino American).

Ba sekuruza be ku ruhande rwa se bakomoka muri Filipine, bakaba baraje kujya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi umuryango wabo wakomeje gukurikiza imico n’imigenzo ya Filipine, harimo no gutegura amafunguro yaho. Ku ruhande rwa nyina, Olivia akomoka mu Budage no muri Irilande.

Akiri muto, Olivia yakuriye mu kumva umuziki ababyeyi be bakundaga wo mu njyana ya alternative rock, harimo amatsinda nka No Doubt, Pearl Jam, The White Stripes, na Green Day.

Ku ruhande rw’umwuga we w’umuziki, Olivia Rodrigo amaze kugera ku ntsinzi ikomeye. Yashyize hanze indirimbo eshatu zagiye ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Billboard Hot 100, asohora album ebyiri zaje ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa US Billboard 200, ndetse afite indirimbo umunani zahawe icyemezo cya multi-platinum n’Urwego rw’Abanyamerika rushinzwe gutanga ibyemezo by’umuziki (RIAA).

Mu bihembo amaze kwegukana harimo ibihembo bitatu bya Grammy Awards, bine bya MTV Video Music Awards, ndetse na birindwi bya Billboard Music Awards.

Olivia yanamenyekanye cyane ku rwego mpuzamahanga, aho yahawe izina rya Time Entertainer of the Year mu 2021, agirwa Billboard Woman of the Year mu 2022, ndetse anatorwa ASCAP Pop Music Songwriter of the Year inshuro ebyiri, mu 2022 no mu 2024.

Olivia na Louis bakanyujije mu rukundo mu gihe cy'imyaka ibiri bari bamaranye

Nyuma y'imyaka ibiri bari bamaze bakundana, kuri ubu bamaze gutandukana

Aba bombi bari mu bihe by'akababaro nyuma y'uko urukundo rwabo rushyizweho amadomo

Louis Partridge na Olivia Rodrigo bari barasaye mu nyanja y'urukundo

Isi y'imyidagaduro yatunguwe no gutandukana kwa Olivia Rodrigo na Louis Partridge


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...