Olga
Lombardo ukomoka i Louvain, asanzwe ari umunyeshuri muri ‘Master’s’ mu ishami rya 'Pharmacie' muri Kaminuza ya Louvain, akaba n’umunyamideli uri mu bakomeye.
Yambitswe
ikamba asimbuye Karen Jansen, wari Miss Belgique 2025. Ikamba yaryambitswe na
Darline Devos, Perezida wa Komite itegura iri rushanwa.
Nyuma
y’ibizamini n’ibikorwa bitandukanye byarimo kwiyerekana, gusubiza ibibazo no
kugaragaza impano, abakobwa 15 ni bo bageze ku cyiciro cya nyuma mu bakobwa 32
bari batangiye irushanwa.
Mu
ijoro ry’ibi birori, Olga Lombardo ni we wahize abandi, anahabwa ibihembo
birimo imodoka nshya, imyambaro, ibikoresho by’ubwiza n’imitako.
Igisonga
cya Mbere yabaye Justine Tack ukomoka i Ousselghem mu Flandre occidentale, ni mu
gihe Aicha Verheye wo muri Ostende yabaye igisonga cya kabiri.
Kyra Nkezabera
ntiyabashije kwegukana ikamba
Muri
aba bakobwa 32 bari bageze mu cyiciro cya nyuma, harimo Kyra Nkezabera,
umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda. Kyra ni
umunyeshuri mu bijyanye n’itumanaho, afite se w’Umunyarwanda na nyina
w’Umubiligi.
Nubwo
atabashije kwegukana ikamba, kuba yarageze mu cyiciro cya nyuma ni intambwe
ishimishije, by’umwihariko ku Banyarwanda batuye mu mahanga bakomeje
kwigaragaza mu marushanwa mpuzamahanga.
Mu
rugendo rwe, Kyra yagaragaje icyizere, ubuhanga mu kuvugira mu ruhame ndetse
n’ubwiza bwamuranze mu byiciro bitandukanye.
Kyra
ntiyabashije gutera ikirenge mu cya Kenza Johanna Ameloot, wegukanye iri kamba
mu 2024, na we ufite inkomoko mu Rwanda. Icyo gihe byari ibyishimo bikomeye ku
muryango nyarwanda, by’umwihariko abatuye mu Bubiligi.
Nubwo
iri rushanwa ritakibona umwanya kuri RTL-TVI kuva mu 2011 cyangwa kuri AB3 kuva
mu 2019, ryabashije gukurikiranwa kuri Eclips TV biciye kuri Proximus.
Hari
n’abanyamakuru n’abanyamideli batandukanye barimo Zoé Brunet, wabaye igisonga
cya mbere cya Miss Belgique 2018, wagaragaye bwa mbere ari mu bayoboye ibi
birori.
Ibirori
byasojwe ahagana saa tanu z’ijoro, nk’uko bisanzwe, hafatwa amafoto ya Miss
mushya ari kumwe n’imodoka ye nshya, mu byishimo by’abafana n’abateguye
irushanwa.
Nubwo Olga Lombardo ari we wegukanye ikamba rya Miss Belgique 2026, izina rya Kyra Nkezabera na ryo ryasigaye mu mitima ya benshi, cyane cyane Abanyarwanda bakomeje kumushyigikira no kumwifuriza amahirwe mu rugendo rwe ruzakomeza.
Amarangamutima ya
Kyra Nkezabera nyuma yo kutegukakana ikamba rya Miss Belgique
Mu
butumwa yashyize kuri Konti ye ya Instagram kuri uyu wa 22 Gashyantare 2026, Kyra
Nkezabera yatangaje ko urugendo rwe muri Miss Belgique rurangiriye aho, ariko
ashimira byimazeyo buri wese wamushyigikiye.
Yavuze
ko amaze amezi 10 ari kumwe n’abamukurikira uru rugendo, kandi atigeze
atekereza ko yakwakirwa n’urukundo n’ubufasha bwinshi buturutse ku bantu
batandukanye.
Yashimiye
umuryango we n’inshuti ze, abamumenye binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ndetse
n’abaterankunga be barimo ADN Digital Marketing na Sijo.ya bamugiriye icyizere
kuva atangiye iri rushanwa kugeza ku musozo warwo.
Kyra
yavuze ko yarangije iri rushanwa ari mu bakobwa 22 ba mbere (Top 22). Nubwo
yifuzaga kugera kure hashoboka, yishimira intambwe yateye n’aho yavuye aho
yatangiriye mu marushanwa yo ku rwego rw’intara (provinciale) kugeza ku cyiciro
cya nyuma.
Yashimiye
cyane abamutoye, abamusangije ku mbuga nkoranyambaga, abamweretse urukundo
ndetse n’abamwoherereje ubutumwa bwo kumushyigikira nyuma y’itangazwa
ry’ibyavuye mu irushanwa. Yavuze ko iyo nkunga yose yamukoze ku mutima.
Yasoje
avuga ko n'ubwo urugendo rwa Miss Belgique rurangiye, ubuzima bugifite byinshi
bwamugeneye. Yavuze ko afite imishinga myinshi ateganya guteza imbere, kandi
yizeye ko abamushyigikiye bazakomeza kumuba hafi muri izo gahunda zindi.
Yasinye
ubutumwa bwe agira ati “Murakoze cyane mubikuye ku mutima.”

Catherine Choquet wabaye igisonga cya kane, Justine Tack wabaye igisonga cya mbere, Miss Belgique 2026 Olga Lombardo, Aicha Verheye wabaye igisonga cya kabiri, Calistee Kalaycioglu wabaye igisonga cya gatatu na Camilia Martinez wabaye igisonga cya gatanu, bafotowe mu irushanwa rya Miss Belgique 2026 ryabereye muri Plopsa Theatre, muri pariki ya Plopsaland i Adinkerke (De Panne)

Miss Belgique 2025 Karen Jansen ari kumwe na Miss Belgique 2026 Olga Lombardo, mu birori bya Miss Belgique 2026 byabereye muri Plopsa Theatre i Adinkerke. Aha ni mu gihe Karen Jansen yashyikirizaga ikamba uwasimbuye

Justine Tack wabaye igisonga cya mbere, Miss Belgique 2026 Olga Lombardo, na Aicha Verheye wabaye igisonga cya kabiri

Justine Tack (igisonga cya mbere), Olga Lombardo (Miss Belgique 2026) na Aicha Verheye (igisonga cya kabiri) ku rubyiniro rwa Miss Belgique 2026

Miss Belgique 2026 Olga Lombardo, yafotowe mu birori byo gutangaza no kwambika ikamba Miss Belgique 2026, byabereye muri Plopsa Theatre i Adinkerke (De Panne), ku wa 21 Gashyantare 2026

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, nubwo ategukanye ikamba yagaragaje icyizere n’ubwiza bwamuranze muri iri rushanwa rikomeye


Nkezabera Kyra w’imyaka 21, umukobwa ufite se w’Umunyarwanda, ni umwe mu bakobwa 32 bageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgique 2026


Kyra Nkezabera, umunyeshuri mu itumanaho, yagerageje amahirwe ye muri Miss Belgique 2026, agaragaza isura y’umuco nyarwanda ku rubyiniro mpuzamahanga


