Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Old Wasp yavuze ko indirimbo nshya yise
“Brand New” ari yo itangiza ku mugaragaro uru rugendo rushya, aho yemeza ko
yahisemo kuva mu muziki wa Gospel agatangira gukora umuziki usanzwe.
Yagize
ati: “Natangiye urugendo rushya mu muziki. Nahisemo guhindura izina nkoresha,
mpita nva kuri Enric Sifa njya ku Old Wasp. Ibi bijyana no kureka gukora Gospel
nkajya mu muziki usanzwe (secular).
Uyu
muhanzi kandi ni we washinze inzu itunganya umuziki ya Metro Afro, ibarizwamo
abahanzi barimo Kid from Kigali ndetse na Boukuru.
Avuga
ku nshingano ze muri iyo label, Old Wasp yasobanuye ko gushinga inzu itunganya
umuziki byari bigamije guteza imbere impano z’abahanzi bo muri Afurika, ariko
anemeza ko bitamubuza gukomeza no gukora umuziki ku giti cye.
Ati: “Gushinga label ni umurimo umwe, no gukora umuziki nk’umuhanzi wigenga na byo
ni undi. Ni yo mpamvu nahisemo kubihuza byose.”
Indirimbo “Brand New” ni yo itangiza ku mugaragaro iki cyerekezo gishya cya Old Wasp, kikaba kigaragaza impinduka mu rugendo rwe rwa muzika.

Old
Wasp atangiye urugendo rushya mu muziki, asohora “Brand New” anahindura izina
rye rya kera

Enric
Sifa yahinduye ikiranga umuzika we, ubu ni 'Old Wasp' winjiye muri 'secular' ku mugaragaro

Nyuma yo gushinga Metro Afro, Old Wasp yahisemo no kwikorera umuziki ku giti cye mu cyiciro gishya. Aha, ari kumwe na Kid From Kigali asanzwe afasha mu muziki, Shemi na Producer Kozze

