Okkama na Confy mu bataramiye abakunzi babo bashimira Label yabafashije –AMAFOTO

Imyidagaduro - 14/03/2026 11:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Okkama na Confy mu bataramiye abakunzi babo bashimira Label yabafashije –AMAFOTO

Abahanzi barimo Okkama, Confy, Kid from Kigali na Boukuru basusurukije abakunzi babo mu ijoro ryo kwishimira imyaka ‘Metro Afro’ imaze iteza imbere abahanzi bo mu Rwanda, ndetse yariyemeje kubashyigikira mu ndirimbo zabo bagiye bashyira hanze mu bihe bitandukanye.

Iki gikorwa cyabereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali ku wa Gatanu, tariki ya 13 Werurwe 2026, cyari igitaramo cyuzuye ibyishimo n’umuziki nyarwanda ugezweho.

Metro Afro, sosiyete y’umuziki yashinzwe na Enric Sifa, igamije gutahura no gushyigikira abahanzi bakiri bato mu guteza imbere impano zabo.

Enric Sifa yavuze ko yashinze iyi label ashingiye ku rukundo rwe rw’umuziki ndetse n’ubumenyi afite mu rugendo rw’imyaka myinshi mu muziki, aho asobanura ko benshi mu bahanzi bashya bahura n’imbogamizi mu rugendo rwabo.

Ati: “Iyi ni ‘Label’ igamije gushyigikira no guteza imbere abahanzi, tubaha umwanya wo gukora umuziki w’umwuga, kubona inama n’ubufasha, kandi tukabafasha kugera ku isoko ryagutse mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga."

Confy, umwe mu bahanzi bakoranye na Metro Afro kuva 2022 kugeza 2024, yashimangiye ko bakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane, zirimo “Take Over”.

Okkama yavuze ko yakoranye na Metro Afro mu myaka ibiri ishize, ahanini ku ndirimbo ebyiri, avuga ko bishimishije cyane.

Boukuru nawe yagaragaje ko ibyo yagezeho byose abicyesha Metro Afro, avuga ko gutangira nk’umuhanzi wishakisha kugeza uyu munsi byamubereye isomo ryiza. Anavuga ko yageze ku gusohora Album ‘Gikundiro’ bitewe na Metro Afro.

Enric Sifa yavuze ko Confy ariwe muhanzi wa mbere batangiranye, nyuma bakorana na Okkama bakurikizaho Boukuru.

Yanagaragaje ko n’abandi bahanzi barimo Kid from Kigali, bamaze kumenyekana binyuze mu ndirimbo zabo nka “Yububu”, nabo bakaba baragize uruhare mu gutangaza impano nshya zishingiye ku muziki w’Abanyafurika.

Iki gitaramo cy’aba bahanzi cyari cyarateguwe nk’igikorwa cyo guhura no kwishimana n’abafana, riherekejwe n’indirimbo z’abahanzi batandukanye zerekana ubwiza n’ubudasa bw’umuziki w’Abanyafurika n’ubw’urubyiruko rw’Abanyarwanda.

Abitabiriye bashoboye kuganira n’abahanzi, abatunganya umuziki, abanyamakuru ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu ruganda rwa muzika, bikaba byari umwanya mwiza wo gutangira imishinga mishya no gushimangira ubufatanye mu ruganda rw’imyidagaduro.

Metro Afro ikomeje kuba icyitegererezo mu iterambere ry’abahanzi mu Rwanda, itanga amahirwe yo gukora umuziki w’umwuga, kwiga no gukorana n’abahanga, ndetse no kugera ku masoko mpuzamahanga, bityo ikaba ari umusingi w’ahazaza h’umuziki nyarwanda n’Afrika


Abahanzi banyuze muri Metro Afro basusurukije abakunzi babo i Kigali – Okkama, Confy, Kid from Kigali na Boukuru baririmbanye ishyaka ryo kugaragaza uko bashyigikiwe 

Enric Sifa [Uri iburyo uri kumwe na Mike Karangwa] yavuze ko bazakomeza guteza imbere abahanzi nyarwanda binyuze mu gutera inkunga indirimbo zabo, ibitaramo ndetse na Album bazajya bashyira hanze

Confy yavuze ko yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe kuva yatangira gukorana na Metro Afro, naho Bukuru avuga ko byose abicyesha iyi label

Okkama yavuze ko indirimbo nyinshi zakunzwe yazikoze afashijwe na Metro Africa

Boukuru yavuze ko Album ye ‘Gikundiro’ yayigezeho binyuze mu bufasha yahawe

Kid from Kigali yavuze ko indirimbo ye igezweho muri iki gihe yitwa 'Yububu' yayikoze ashyigikiwe


Shemi wamamaye mu ndirimbo nka 'Peace of mind' yashyigikiye bagenzi be bari mu rugendo na Metro Africa

Umuhanzi Sintex wamamaye mu ndirimbo nka 'Twifunze' ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo cy'aba bahanzi

Producer Kozzy wo muri Country Records [Ubanza iburyo] ari kumwe n'abahanzi banyuranye muri iki gitaramo

Umubyinnyi Mpuzamahanga, Sherrie Silver ari kumwe na Enric Sifa washinze Label ya Metro Africa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...