Okello Joshua ategerejwe muri Gen-Z Comedy mu rugendo rw’ibitaramo muri Afurika

Imyidagaduro - 19/03/2026 1:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Okello Joshua ategerejwe muri Gen-Z Comedy mu rugendo rw’ibitaramo muri Afurika

Umunyarwenya w’icyamamare muri Uganda, Okello Joshua, yagaragaje urugendo rw’ibitaramo bikomeye muri Afurika birimo n’icyo azagaragaramo i Kigali cya Gen-z Comedy kizaba ku wa Kane tariki 26 Werurwe 2026 muri Camp Kigali.

Uyu munyabigwi mu gusetsa azahurira ku rubyiniro n’abanyarwenya n’abahanzi bazwi mu Rwanda, barimo Dr Claude, Umushumba, Muhinde, Jonathan, Famille Gakuba, Ambasaderi w’Abakonsomateri, Lucky Baby, Keppa, MC Kandii na Mus, aho bazahuriza hamwe ubuhanga mu gusetsa n’imbyino, basusurutse imbaga y’abitabiriye igitaramo.

Okello Joshua azwi ku ruhando mpuzamahanga kubera uburyo yihariye bwo gusetsa, akora imikino n’udushya dusetsa abantu ku buryo budasanzwe.

Uyu munyarwenya yavuze ko urugendo rwe muri Afurika ruzaba rufite ibitaramo byinshi bitandukanye harimo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, i Lusaka muri Zambia, i Kampala muri Uganda tariki 3 Nyakanga 2026, Dar es Salaam muri Tanzania, Juba muri Sudani y'Epfo, Harare muri Zimbabwe, Gaborone muri Botswana, Johannesburg muri Afuriak y'Epfo, ndetse na tariki 4 Ukuboza 2026 i Kampaka muri Uganda.

Uyu mugambi werekana neza uburyo Okello Joshua yiyemeje gukwirakwiza urwenya rwe ku rwego mpuzamahanga, agahuza abahanzi n’abanyarwenya batandukanye mu rwego rwo gususurutsa imbaga y’abantu benshi muri Afurika yose.

Mu myaka itatu ishize, ibitaramo bya Gen-z Comedy byabaye igisubizo gikomeye ku ruhando rw’urwenya mu Rwanda, bihindura uburyo abanyarwanda basetsa, bakiyumvamo ibishya, ndetse binashyiraho umwanya ku banyabugeni bakiri bato bagaragaza impano zabo.

Kuva mu 2023, Gen-Z Comedy yagiye itegura ibitaramo bihuriza hamwe abanyarwenya bakomeye n’abakiri bato bafite impano zidasanzwe.

 Uyu muhuro w’abanyarwenya washyize imbere udushya, imikino isetsa, gusetsa ku buryo bwihariye ndetse n’ubucuti hagati y’abitabiriye igitaramo n’abanyarwenya.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byahinduye imyitwarire y’abanyarwenya, kuko barushijeho gutegura ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga, bakoresha udushya tw’imikino, imyandikire isekeje n’ubuhanga bwo gusetsa imbaga.

Uruhare rw’abitabiriye rubegereza hafi y’uruhererekane rw’urwenya, bagahabwa umwanya wo kwiyumvamo impano z’abanyarwenya ku buryo bwagutse.

Gen-Z Comedy yatumye habaho guhuza impano nshya n’izisanzwe, bigatuma urwenya rw’u Rwanda rutera imbere kandi rukagira uburambe bwo guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Abakurikirana uru ruhando bavuga ko Gen-Z Comedy yahinduye urwenya mu Rwanda, ku buryo ibitaramo byabaye ahantu ho kwidagadura, kwiga no guhura n’impano nshya, bikaba intambwe ikomeye mu guteza imbere umuco w’urwenya mu gihugu.

Ibi bitaramo kandi byatangiye gutuma abanyarwanda batangira kwishimira urwenya rwujuje ubuziranenge, bakanarushaho gukurikirana ibitaramo byabaye ibirori bihuriza hamwe umuryango mugari w’abakunzi b’urwenya.

Umunyarwenya w’icyamamare, Okello Joshua azasusurutsa abakunzi b’urwenya ku wa 26 Werurwe muri Camp Kigali mu gitaramo cya Gen-Z Comedy


Okello Joshua azahurirana n’abanyarwenya barimo Dr Claude, Umushumba, Muhinde n’abandi


Urugendo rw’urwenya rwa Okello Joshua muri Afurika rurakomeje! Tariki 3 Nyakanga azaba ari i Kampala, naho tariki 4 Ukuboza azasoreza i Kampala muri Uganda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...