Nzizera Aimable wateguraga 'Rwanda Gospel Stars' yongeye gufungwa

Imyidagaduro - 17/03/2026 3:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Nzizera Aimable wateguraga 'Rwanda Gospel Stars' yongeye gufungwa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Nzizera Aimable wamenyekanye mu gutegura amarushanwa ya ‘Rwanda Gospel Stars Live’, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026.

Dr. Murangira yavuze ko iperereza kuri Nzizera Aimable ryatangiye nyuma y’uko arezwe n’umucuruzi amushinja kumuriganya. Ati: “Yari yarezwe icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya. Yarafashwe, arafungwa, bisanga ko yari yarariganyije umucuruzi.”

Nk’uko RIB ibivuga, Nzizera Aimable yavugaga ko afite umushinga witwa ‘Amarembo View Estate’, wari ugamije kubaka inzu zigera kuri 75 mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Muri uwo mushinga, ngo yasabye umucuruzi kumugemurira ibikoresho by’ubwubatsi, abimwemerera ko bizakoreshwa muri uwo mushinga.

Icyakora, uwo mucuruzi amaze kubigemura, ngo Nzizera Aimable ntiyigeze yubahiriza ibyo bumvikanyeho, ahubwo yaje kuburirwa irengero, ibintu byatumye uwari wamugiriye icyizere afata icyemezo cyo gutanga ikirego muri RIB.

Nyuma yo gutangira kumushakisha, Nzizera Aimable yaje gufatwa arafungwa, aho yari afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.

RIB yatangaje ko dosiye ye yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha tariki 16 Werurwe 2026 kugira ngo akurikiranwe n’inkiko.

Nzizera Aimable yari azwi cyane mu myidagaduro by’umwihariko mu bijyanye n’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, aho yateguraga amarushanwa ya ‘Rwanda Gospel Stars Live’ yahuzaga abahanzi batandukanye bo muri iyi njyana.

Si ubwa mbere atawe muri yombi, kuko na tariki 10 Mutarama 2024 yafunzwe akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo gukoresha inyandiko itavugisha ukuri no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.


Nzizera Aimable wateguraga ‘Rwanda Gospel Stars Live’ yatawe muri yombi akurikiranyweho kuriganya umucuruzi ibikoresho by’ubwubatsi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...