Nziririmba nakuyemo amajwi yabo! Bushali ku ndirimbo yakoranye na The Ben na Bruce Melodie - AMAFOTO

Imyidagaduro - 20/07/2026 5:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Nziririmba nakuyemo amajwi yabo! Bushali ku ndirimbo yakoranye na The Ben na Bruce Melodie - AMAFOTO

Umuraperi Bushali yagaragaje ko kuba adakunze kuririmba ibice bya The Ben na Bruce Melodie mu ndirimbo bahuriyemo atari uko ataziyumvamo, ahubwo ko ari uburyo yahisemo kuziririmba iyo ageze ku rubyiniro.

Bushali wari uherekejwe na Kankadem, yongeye kwerekana imbaraga z’injyana ya Kinyatrap mu gitaramo cya gatanu cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye i Nyagatare ku wa 18 Nyakanga 2026, aho yasusurutsaga abitabiriye iki gitaramo.

Uyu muraperi wamenyekanye mu ndirimbo zirimo ‘Umwirabura’, ‘Kamwe’, ‘Meterese’, ‘Ku Gasima’ n’izindi, yafashe umwanya wo kugeza ku bafana be uburyohe bw’umuziki we, agaragaza ko Kinyatrap ikomeje kugira umwanya wihariye mu muziki nyarwanda.

Ubwo Bushali yageraga ku rubyiniro rwa Stade ya Nyagatare, bamwe mu bari bitabiriye iki gitaramo bari bifubitse kubera imbeho yari yaje mu buryo butari busanzwe muri iyi minsi y’impeshyi.

Gusa ibyo ntibyabujije uyu muraperi gukomeza gutanga ibyishimo. Abafana be bakomeje kumwereka ko bamushyigikiye, baririmbana na we ndetse babyinana indirimbo ze zitandukanye.

Mu ndirimbo zakiranywe amashyi menshi harimo “Kurura”, “Ku Gasima”, “Umwirabura”, “Kamwe” na “Meterese”.

Nyuma yo kuririmba “Meterese”, Bushali yahamagaye Kankadem ku rubyiniro maze bombi baririmbana indirimbo yabo nshya “Buguma”, imaze kuba imwe mu ndirimbo zikomeje kumvikana cyane muri iyi minsi.

Nyuma y’igitaramo, Bushali yabajijwe na InyaRwanda, impamvu atajya aririmba indirimbo yakoranye na The Ben ndetse na Bruce Melodie mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, cyane cyane ku bice by’abo bahanzi.

Yasobanuye ko izo ndirimbo aziririmba, ariko iyo ageze ku bitero by’abo bahanzi ahitamo kubikuramo. Ati: “Ndaziririmba nagera kuri ‘Verse’ zabo nkabakakuramo. Kuko ari izanjye ndaziririmba, nagera kuri ‘Verse’ zabo nkazimya amajwi yabo.”

Bushali na The Ben bahuriye ku ndirimbo “Muruturuturu”, mu gihe yanakoranye na Bruce Melodie indirimbo “Ibere”.

Izi ndirimbo zombi zakunzwe n’abakunzi b’umuziki nyarwanda, ariko kugeza ubu ntizigeze zikorerwa amashusho, aho Bushali yagiye agaragaza ko byatewe n’uko atabashije kubona aba bahanzi bombi mu gihe yari afite gahunda yo kuzikorera amashusho.

Nubwo hari aho byagiye bigaragara ko Bushali yifuza ko izi ndirimbo zigira amashusho, kuba yarahuje imbaraga na The Ben ndetse na Bruce Melodie byagaragaje uburyo uyu muraperi yakomeje kwinjira mu mishinga ihuza injyana zitandukanye.

“Muruturuturu” na “Ibere” ziri mu ndirimbo zagaragaje ko Kinyatrap ishobora guhuza neza n’izindi njyana zikunzwe n’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival i Nyagatare, Bushali yongeye kwerekana ko nubwo ari mu bahanzi b’injyana ya rap, afite ubushobozi bwo gutuma imbaga y’abantu benshi yinjira mu mwuka w’umuziki we.

Bushali yataramiye ibihumbi by'abantu i Nyagatare binyuze mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026

Bushali yavuze ko indirimbo yakoranye na Bruce Melodie na The Ben aziririmba, ariko akura amajwi y'abo kugirango bimworohere

Bushali ari kumwe n'umuraperi Kankadem yahaye amahirwe yo kwigaragaza binyuze muri ibi bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...