Nzirikana ko zahembuye imitima ya benshi – Dominic Ashimwe mu rugendo rwo kuvugurura indirimbo ze zakunzwe-VIDEO

Imyidagaduro - 25/03/2026 8:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Nzirikana ko zahembuye imitima ya benshi – Dominic Ashimwe mu rugendo rwo kuvugurura indirimbo ze zakunzwe-VIDEO

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Dominic Ashimwe, ari mu rugendo rwo kongera guha ubuzima bushya zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane mu bihe byashize, nyuma yo gutakaza amashusho yazo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, uyu muhanzi ukora n’itangazamakuru, yavuze ko iki cyemezo cyaturutse ku kibazo yagize cyo kubura bimwe mu bihangano bye, cyane cyane amashusho y’indirimbo zari zarakunzwe n’abatari bake.

Ibi abitangaje nyuma yo gusohora amashusho mashya y’indirimbo ye ‘Ashimwe’, imwe mu ndirimbo zamamaye cyane mu myaka irenga 15 ishize, ikaba yaragize uruhare rukomeye mu guhembura imitima ya benshi.

Ashimwe yavuze ko ari mu mushinga mugari wo kongera gukora izi ndirimbo mu buryo bugezweho, ariko atitandukanyije n’umwimerere wazo.

Ati: “Iyi ndirimbo ‘Ashimwe’ iri mu ndirimbo zo hambere nari narakoze, ariko naje kubura amashusho yayo. Ni yo mpamvu ndi mu rugendo rwo kuzikora mu buryo bushya, cyane cyane mu buryo bwa ‘Live Recording’, aho mba natumiye abantu banyuranye tugataramana.”

Akomeza avuga ko impamvu nyamukuru imutera gukora ibi ari uko izi ndirimbo zifite ubutumwa bukomeye bwakoze ku mitima ya benshi, kandi bukiri ngombwa no ku bantu b’iki gihe ndetse n’abazaza.

Ati: “Yego rwose urugendo rurakomeje kuko ni indirimbo zahembuye imtima y’abantu benshi (abo nzi nabo ntazi) kugeza n’ubu. Niyo mpamvu ntifuza ko ubwo butumwa buzirimo butakara cyangwa ngo buzimire gutyo gusa. Kuko ubutumwa buri muri izi ndirimbo; ab’iki gihe barabukeneye n’abigihe kizaza nabo bazabukenera.”

Nubwo bimeze gutyo, Ashimwe agaragaza ko uru rugendo rutari rworoshye, kuko isaba ubushishozi kugira ngo indirimbo zigume mu mwimerere wazo, ariko zinajyanishwe n’igihe.

Ati: “Kongera kuzikora si ibintu byoroshye. Bisaba kwitonda no kwigengesera mu kuzitunganya, kugira ngo umwimerere wazo udatakara. Dushaka ko uwazikunze kera n’uzumvise bwa mbere bose bazumvamo bwa buzima zahoranye.”

Izina Dominic Ashimwe ni rimwe mu mazina akomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Abaririmbyi n’abakunzi b’uyu muziki bamwibukira ku ndirimbo zakunzwe cyane zirimo ‘Nemerewe kwinjira’, ‘Ndishimye’, ‘Wambereye imfura’, ‘Amashimwe’, ndetse na ‘Arikumwe natwe’, zakomeje gukora ku mitima ya benshi mu bihe bitandukanye.

Uru rugendo arimo rugaragaza umuhate wo kubungabunga umurage w’umuziki we, no gukomeza kugeza ubutumwa bwiza ku b’iki gihe n’abazaza, binyuze mu buryo bugezweho ariko budatakaje umwimerere w’indirimbo zakunzwe.

Dominic Ashimwe ari mu rugendo rwo kongera kubyutsa indirimbo ze zakunzwe, azigeza ku bantu mu buryo bwa ‘Live Recording’


Indirimbo za Dominic Ashimwe zakunzwe mu bihe byashize zigiye kongera guhembura imitima y’abatari bake mu mashusho mashya


Dominic Ashimwe ntashaka ko ubutumwa buri mu ndirimbo ze buzimira, ni yo mpamvu ari kuzikorera amashusho mashya yitondeye umwimerere wazo

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘ASHIMWE’ YA DOMINIC ASHIMWE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...