Nzi abahavuye babica bigacika! Danny Nanone yagarukanye ingamba nshya

- 10/02/2023 3:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Nzi abahavuye babica bigacika! Danny Nanone yagarukanye  ingamba nshya

Umuraperi nyuma yo kuva mu gihome yagarukanye indirimbo nshya yise ‘Iminsi myinshi’, igaruka ku bihe bibi yanyuzemo mu gihome.

Nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake umugore babyaranye, biturutse ku makimbirane bagiranye mu  ijoro ryo ku wa 19 Nzeri 2022 akaza kuva muri gereza mu Ukwakira, yazanye indirimbo ivuga ku nkuru ye.

Ni indirimbo igaruka ku kuntu yatawe muri yombi. Atangira agaragaza ko mu gihome atari heza, ariko yafashe umwanya akabasha kwiga ku mishinga.

Ati ‘‘Ujya gusimbuka asubira inyuma. Ikibazo mubyitiranya no gusubira inyuma. Gufata igihe niga, nigaga ku mishanga. Untega iminsi nkagutega imyaka. Inkuru zamvuzweho ntacyo nazivugaho, ubu ibikorwa nibyo bizivugira.’’

Arakomeza ati ‘‘Kujyanwa muri Vigo nkajyanwa mu nkiko njye ntabwo nagize ubwoba kubera inkiko, nari nzi ko nta shene idacika kuko nzi abahavuye babica bigacika.’’

Uyu muraperi mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko iyi ndirimbo ivuga ku nkuru mpamo y’ubuzima yabayemo bwiganjemo ubwo muri gereza.

Ati ‘‘Cyane rwose ubuzima bwo muri gereza burimo, harimo uko ubuzima bwari bumeze muri gereza.’’

Avuga ko n’ubundi yari amaze iminsi myinshi adakora indirimbo kubera ko yigaga umuziki, ubu akavuga ko noneho yahugutse.

Ati ‘‘Akabuze kabonetse. Ntabwo ndatinya ikibuga kubera amaraso mashya yajemo, ahubwo bigiye gutuma nkora cyane. Ntabwo nzongera gucishamo umwanya kuko mbizi ko abantu bari bankumbuye.’’

Yakomeje avuga ko we na bagenzi be b’abahanzi baba bari kugerageza gukora kugira ngo bateze umuziki imbere, bityo nawe agiye kuza agakomeza gushyiraho itafari rye nk’uko yabikoze kuva kera.

 Danny Nanone yagarutse mu muziki 

REBA INDIRIMBO NSHYA YA DANNY NANONE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...