Nzajya kubirebera - Kivumbi King yijeje ab'i Ngoma kuzabataramira (VIDEO)

Imyidagaduro - 06/07/2026 4:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Nzajya kubirebera - Kivumbi King yijeje ab'i Ngoma kuzabataramira (VIDEO)

Umuraperi Kivumbi King yatangaje ko ateganya kuziyunga n’abakunzi be bo mu Karere ka Ngoma binyuze mu gitaramo cye bwite, nyuma yo kutabasha gutaramira muri MTN Iwacu Muzika Festival 2026 yabereye muri ako karere.

Ibi yabitangaje nyuma yo gutaramira i Muhanga, aho yari umwe mu bahanzi babimburiye abandi ku rubyiniro muri iki gitaramo cyabaye ku wa 4 Nyakanga 2026.

Kivumbi King yinjiye ku rubyiniro aririmba indirimbo ‘Hanze’, akurikizaho ‘Kiri gute’ yakoranye na Juno Kizigenza.

Abafana bari bateraniye muri Stade ya Muhanga bamwakiranye urugwiro, bamufasha kuririmba indirimbo ze mu buryo bwagaragazaga uburyo bamukunda.

Uyu muraperi yavuze ko yatunguwe cyane n’ubwinshi bw’abantu bitabiriye iki gitaramo ndetse n’uburyo indirimbo ze zakiriwe.

Yagarutse by’umwihariko ku ndirimbo ‘Ituze’, avuga ko ari yo yamutangaje kurusha izindi kubera uburyo ab’i Muhanga bayiririmbye.

Yagize ati: “Abantu b’i Muhanga ndashaka kubashimira cyane, kuko buri gihe baraza tukishimana, bazi kwishima. Uko mba nabiteguye, niko byagenze rwose.”

Yakomeje ashimangira ko atari yiteze kwakirwa muri ubwo buryo. Ati: “Ubwinshi bw’abantu bwantunguye. Ndacyeka atari ko bwari bimeze, ariko n’ikindi indirimbo bazishimiye kurenza uko nabitekerezaga. Indirimbo yantunguye yitwa ‘Ituze’.”

Mu ndirimbo yaririmbye harimo ‘Pull Up’, ‘Yarampaye’, ‘Wait’ na ‘Ituze’. Buri ndirimbo yose yayiririmbaga, abafana bo mu Muhanga bakamufasha kuyisoza, ibintu byatumye igitaramo cye kirangwa n’akanyamuneza n’ubusabane hagati ye n’abakunzi be.

Kimwe n’abandi bahanzi bitabiriye MTN Iwacu Muzika Festival 2026, Kivumbi King yacurangiwe n’itsinda rya Symphony Band, ryafashije abahanzi gutanga umuziki uryoheye amatwi ku rubyiniro.

Gusa, nubwo yashimishije ab’i Muhanga, Kivumbi King yavuze ko agifite umwenda ku bakunzi be bo mu Ngoma, kuko atigeze aboneka mu gitaramo nk’iki cyabereye muri ako karere ku wa 27 Kamena 2026.

Yavuze ko kutabasha kubataramira atari ibintu byaturutse kuri we, ari na yo mpamvu yabasabye imbabazi mbere yo kubizeza ko azabategurira igitaramo cye bwite.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Abantu b’i Ngoma ndashaka kubasaba imbabazi mbere na mbere, ntabwo ari njyewe biba byaturutseho. Kubera ko bibaye kabiri, nzategura ikintu i Ngoma njye kubirebera ubwanjye. Ni vuba aha ngaha.”

Kivumbi King yavuze aya magambo mu gihe no mu mwaka wa 2025, ubwo MTN Iwacu Muzika Festival yageraga i Ngoma, atigeze abasha kuririmbira abakunzi be bo muri ako karere.


Kivumbi King yatangaje ko yatunguwe n’uburyo indirimbo ye ‘Ituze’ yakiriwe i Muhanga 

Kivumbi King yavuze ko yiteguye kuzataramira ab’i Ngoma abakorera igitaramo cye bwite


Kivumbi King avuga ko ubwinshi bwabitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bwigaragaza

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMURAPERI KIVUMBI KING


">KANDA HANO UREBE UKO KIVUMBI KING YITWAYE KU RUBYINIRO I MUHANGA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...