Uyu
munyapolitiki uri mu buhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabigarutseho
mu kiganiro yagiranye na France 24, aho yavuze ko n’ubwo atari mu gihugu cye,
akomeje kumva ko ubuzima bwe buri mu kaga.
Yagize
ati: “Ndacyari mu byago. Nzi neza ko ndi gukurikiranwa… amateka agaragaza ko
abatavuga rumwe n’ubutegetsi benshi bahunze ibihugu byabo ariko
bagakurikiranwa, bamwe bagahitanwa bari kure y’iwabo.”
Bobi
Wine yavuye muri Uganda nyuma y’amatora ya Perezida yabaye ku wa 15 Mutarama
2026, atavugwaho rumwe, aho yahanganye na Perezida Yoweri Museveni.
Nyuma
y’ayo matora, bivugwa ko inzego z’umutekano zagabye igitero ku rugo rwe
ruherereye i Magere, ibintu byatumye ajya mu bwihisho mbere yo kuva mu gihugu
akerekeza i Washington.
Yahakanye
amakuru yavugaga ko Ambasaderi wa Amerika muri Uganda, William Popp, yaba ari
mu biganiro byo kumuhuza na Museveni.
Ati:
“Ntabwo dukeneye ibiganiro kugira ngo ishyaka ryacu ryemerwe n’amategeko.
Itegeko ntirigibwaho impaka.”
Nubwo
yemera ko ibiganiro ari ingenzi mu gukemura ibibazo bya politiki, Bobi Wine
yashimangiye ko atazigera yemera ibyo yise politiki ishingiye ku bwumvikane
bugamije inyungu runaka.
Yagize
ati “Sinzigera njya mu biganiro byo gusaba ubwisanzure bwanjye. Ubwisanzure
bwanjye bugomba kubaho nk’uburenganzira.”
Uyu
munyapolitiki yongeye gushimangira ko urugamba rwe ruri muri Uganda, kandi ko
agomba gusubira mu gihugu cye agakomeza ibikorwa bya politiki.
Ati:
“Urugamba rwanjye ruri muri Uganda. Akazi kanjye kari muri Uganda kandi
ubwenegihugu bwanjye ni ho buri… ngomba gusubirayo ariko nkiri umuturage
wigenga, atari uwinginga ubwisanzure.”

Bobi
Wine uri mu buhungiro muri Amerika yatangaje ko n’ubwo atari muri Uganda,
akomeje kumva ubuzima bwe buri mu kaga, ashimangira ko azasubira mu gihugu cye
ari umuturage wigenga, atari ugarutse kubera ibiganiro cyangwa ubwumvikane bwa
politiki
