Nyungura Corneille na Thierry Henry biteguye kwibaruka ubuheta bwabo ku bagore bari kumwe

Imyidagaduro - 20/07/2015 4:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyungura Corneille na Thierry Henry biteguye kwibaruka ubuheta bwabo ku bagore bari kumwe

Umuhanzi ufite inkomoko mu Rwanda Nyungura Corneille wakunze gukorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada na France, hamwe n’umukinnyi w’umufaransa wakanyujijeho Thierry Henry, aba bagabo bombi bakunzwe cyane mu Bufaransa na handi biteguye kwibaruka abana mu minsi ya vuba.

Icyo aba bagabo bahuriyeho ni uko bombi bashyize ahagaragara iyi nkuru nziza muri uku kwezi kwa Nyakanga, ikindi akaba ari uko umwana Corneille yitegura azaba ari uwa kabiri abyaranye n’umugore we Sofia de Medeiro, mu gihe Thierry Henry nawe azaba ari umwana we wa kabiri abyaranye n’umunyamideri Andréa Rajacic, gusa kuri uyu mugabo akazaba ari umwana we wa Gatatu nyuma y’imfura ye Téa yabyaranye na Nicole Merry baje gutandukana.

corneille

Nyungura Corneille hashize iminsi mike agaragaje ko we n'umugore we biteguye umwana

Nyungura Corneille yatangaje iyi nkuru ye abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, aho yashyize ifoto y’umugore we kuri instagram bigaragara ko akuriwe n’inda hanyuma, iyi foto iherekezwa n’amagambo agira ati “ Hari igihe ibihuha biba ari byiza kandi ari nabyo! Umunezero!!!”, ibi bikaba byarahise bikuraho ugushidikanya kuri iyi nkuru yari imaze iminsi igaragara mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa na Canada.

Thierry

Thierry Henry n'umugore we, mu minsi mike ishize ubwo bari bitabiriye umukino wa 1/2 wa Wimbledon muri Tennis

Naho Thierry Henry  we n’umugore we Andrea Rajacic, nyuma y’igihe kinini bagendera kure itangazamakuru, baje kugaragara bari kumwe mu mikino ya 1/2 ya Wimbledon, aho byigaragazaga ko Andrea Rajacic atwite.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...