Nyuma y’umwaka yirukanwe na Chelsea, Frank Lampard agiye kugaruka mu kazi k’ubutoza

Imikino - 29/01/2022 4:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y’umwaka yirukanwe na Chelsea, Frank Lampard agiye kugaruka mu kazi k’ubutoza

Umwongereza Frank Lampard w’imyaka 43 y’amavuko, agiye kugaruka mu kazi k’ubutoza nyuma y’umwaka yirukanwe na Chelsea kubera umusaruro mucye.

Lampard wamenyekanye cyane akinira ikipe ya Chelsea, yamaze kumvikana n’ubuyobozi bw’ikipe ya Everton ku buryo mu masaha macye ari imbere atangazwa nk’umutoza mushya w’iyi kipe iherereye hafi y’umugezi wa Merseyside mu Majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Bwongereza.

Amakuru avuga ko uyu mugabo wakiniye akanatoza Chelsea yashimwe n’ubuyobozi bwa Everton ndetse ashobora gutangira akazi akina mu mukino w’igikombe cya FA iyi kipe izahura na Brentford ku wa Gatandatu w’icyumweru gitaha.

Biravugwa ko Abafana b’iyi kipe bahisemo Lampard kon ariwe wabatoreza ikipe, bituma ahigika umunya Portugal Vitor Pereira, nawe wakoze ikiganiro cy’akazi ku wa gatanu, hamwe n’umutoza w’agateganyo w’iyi kipe, Duncan Ferguson.

Guhabwa akazi ke kwemejwe mu nama y’ubyobozi yabaye mu ijoro Wayne Rooney yamenyesheje iyi kipe yazamukiyemo ko adashaka akazi ko kuyitoza.

Lampard amaze umwaka adatoza nyuma yo kwirukanwa na Chelsea muri Mutarama 2021.

Abayobozi ba Everton nabo bifuzaga kuganira n’uyu mutoza wa Derby ku byerekeye kumuha akazi nyuma yo kwirukanwa kwa Rafa Benitez gusa abamenyesha ko afite akazi muri Derby, BAHITAMO Lampard nk’umusimbura.

Frank Lampard agiye kugaruka mu butoza nyuma y'umwaka atandukanye na Chelsea

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...