Aya
matike yashyizwe ku isoko ku wa Gatanu tariki ya 29 Gicurasi 2026, aho abafana
bahise batangira kuyagura mu rwego rwo kwitegura ibi bitaramo byitezweho guhuza
bamwe mu bahanzi bafite igikundiro gikomeye mu Rwanda.
Abaguze
aya matike bamaze kwiyemeza kuzitabira ibitaramo byose uko ari bine, ibintu
bigaragaza uburyo abafana bakiriye neza iri huriro ry’abahanzi babiri bamaze
imyaka myinshi bayoboye uruganda rw’umuziki nyarwanda.
Amatike
ari kugurishwa mu byiciro bitatu birimo ay’ibihumbi 2 Frw ku myanya isanzwe,
5,000 Frw ku myanya ya VIP ndetse na 10,000 Frw ku myanya ya VVIP.
Uretse
Bruce Melodie na The Ben bazaba bayoboye ibi bitaramo, hazanitabira abandi
bahanzi bakunzwe barimo Kitoko na Bwiza, bazasusurutsa abazitabira muri buri
karere uru rugendo ruzanyuramo.
Urugendo
rwa “Summer Country Tour” ruzatangirira mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena
2026, aho Bruce Melodie na The Ben bazahurira bwa mbere kuri uru rubyiniro
rugamije kwegera abafana bo mu ntara.
Nyuma
yaho bazakomereza mu Karere ka Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026, mbere yo
kwerekeza mu Karere ka Bugesera ku wa 27 Kamena 2026.
Igitaramo
cyo mu Bugesera gifite umwihariko wihariye kuko Bruce Melodie azaba asohoza
isezerano yahaye abafana bo muri aka karere nyuma y’uko mu 2024 atabashije
kubataramira bitewe n’imvura nyinshi yaburijemo igitaramo cya MTN Iwacu Muzika
Festival cyari giteganyijwe kuhabera.
Nyuma
y’aho, uru rugendo ruzasorezwa mu Karere ka Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026, mu
gitaramo kizashyira akadomo kuri iyi ‘tour’ itegerejwe na benshi.
Amakuru
InyaRwanda yamenye ni uko kimwe mu bintu bishya kandi bitegerejwe muri iyi “Summer
Country Tour” ari uko buri gitaramo kizajya kibanzirizwa n’imurikagurisha
rimara iminsi ine (Expo).
Iri
murikagurisha rizahuza abahanzi, abakora ibikorwa by’ubuhanzi n’abafite
imishinga itandukanye ijyanye n’inganda ndangamuco muri buri karere ruzaberamo.
Biteganyijwe
ko rizatanga amahirwe ku bahanzi bakizamuka yo kumenyekanisha impano zabo,
kwagura imikoranire ndetse no guhurira ku isoko n’abafatanyabikorwa
batandukanye.
Abategura
ibi bitaramo bavuga ko intego nyamukuru ya Summer Country Tour ari ugusanga
abafana aho bari hirya no hino mu gihugu aho gutegereza ko ari bo baza mu Mujyi
wa Kigali gusa, ndetse no gufasha guteza imbere impano zo mu ntara binyuze mu
bikorwa bya Expo bizajya bibanziriza ibitaramo.
Mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo uru rugendo rutangire, imibare y’abamaze kugura amatike mu munsi umwe gusa igaragaza ko abafana benshi bamaze kwiyumvamo uru rugendo, ibintu bishimangira ko ibitaramo bya Bruce Melodie na The Ben bishobora kuzaba mu bikomeye bizaranga impeshyi ya 2026 mu Rwanda.

Bruce Melodie aherutse kugaragaza ko yiteguye kuzatanga ibyishimo na mugenzi we The Ben mu bitaramo bazakorera mu Ntara

Amatike
y’ibi bitaramo yashyizwe kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2026
