Abakunzi
b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bagiye guhurira hamwe mu birori bidasanzwe byo
kwizihiza igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza iyi kipe
iherutse kwegukana, nyuma y’igihe kinini yari imaze itacyegukana.
Iki
gikorwa cyiswe “Arsenal Celebration Day”, giteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki ya 24
Gicurasi 2026, kuva saa cyenda z’umugoroba. Abafana barahurira muri
Paddock Lounge, aho hateganyijwe ibirori biraba birimo umuziki n’imyidagaduro
itandukanye.
Abavangamiziki
barasusurutsa ababitabira iki gikorwa barimo DJ Crush, Judy, DJ Jassa n’abandi,
biteganyijwe ko bazafasha abafana gusabana no kwizihiza intsinzi y’ikipe yabo
mu buryo bushimishije.
Mu
rwego rwo korohereza abazitabira ibi birori, ubuyobozi bwabiteguye bwatangaje
ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa byagabanyijwe, kugira ngo abafana ba Arsenal
n’abazabaherekeza babashe kwizihirwa mu mwuka mwiza kandi utabahenze.
Umwihariko
w’uyu munsi, ni uko ibinyobwa bya SKOL by'umwihariko Virunga isanzwe ari umufatanyabikorwa
wa Paddock biza kuba biri ku giciro cyo hasi cyane n’igabanyirizwa
rishimishije.
Arsenal
yegukanye iki gikombe cya Premier League nyuma y’uko Manchester City inganyije
na AFC Bournemouth igitego 1-1, bituma iyobora urutonde idakuka.
Ni
igikombe iyi kipe y’i Londres itwaye nyuma y’imyaka 22, kikazashyikirizwa ku
mugaragaro kuri uwo munsi, nyuma y’umukino uzayihuza na Crystal Palace saa kumi
n’imwe z’umugoroba.
Ibi
birori bitegerejweho guhuza abafana benshi ba Arsenal mu Rwanda, mu rwego rwo
kwishimira amateka mashya iyi kipe yanditse.
