Nyuma yo kwimukira muri Canada, Vestina na Dorcas bateguje indirimbo nshya

Imyidagaduro - 01/07/2026 11:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma yo kwimukira muri Canada, Vestina na Dorcas bateguje indirimbo nshya

Itsinda ry'abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko rigiye gushyira hanze indirimbo nshya bise 'Itabaza', izaba ari iya mbere basohoye nyuma yo gutandukana na sosiyete ya MIE Music, ndetse no kwimurira ibikorwa byabo bya muzika muri Canada.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Nyakanga 2026, aba bavandimwe banyujije ubutumwa ku rubuga rwabo rushya rwa Instagram, batangarije abakunzi babo ko indirimbo 'Itabaza' iri hafi kugera hanze, nubwo bataratangaza itariki nyayo izasohokeraho.

Mu butumwa bwabo, banaherekeje iri tangazo n'amagambo yo muri Matayo 5:13-14, agira ati: "Muri umunyu w'isi. Mbese umunyu nukayuka uzaryoshywa n'iki? Nta cyo uba ukimaze keretse kujugunywa hanze, abantu bakawukandagira. Muri umucyo w'isi. Umudugudu wubatswe ku mpinga y'umusozi ntubasha kwihisha."

Aya magambo yatumye benshi mu bakunzi babo bavuga ko iyi ndirimbo ishobora kuba ifite ubutumwa bukomeye bwo gukomeza abantu mu rugendo rwo kwizera.

Iyi ndirimbo ije mu gihe Vestine na Dorcas batangiye icyiciro gishya mu rugendo rwabo rwa muzika, nyuma yo gufata icyemezo cyo gukorera ibikorwa byabo muri Canada, aho amakuru avuga ko bamaze kubona abantu babafasha gukomeza guteza imbere umuziki wabo.

Ni na yo ndirimbo ya mbere bagiye gushyira hanze kuva batangaza ko batagikorana na MIE Music, sosiyete yari imaze imyaka itanu ibafasha mu micungire y'umuziki wabo.

Ku wa 13 Kamena 2026 ni bwo Vestine na Dorcas basohoye itangazo bahuriyemo n'ubuyobozi bwa MIE Music, batangaza ko bahagaritse ubufatanye bwari bumaze imyaka itanu. Icyo gihe bashimiye MIE Music ku ruhare yagize mu iterambere ryabo, bavuga ko impande zombi zafashe uwo mwanzuro mu bwumvikane.

Nyuma y'iri tandukana, bahisemo gukomeza urugendo rwabo nk'abahanzi bigenga (independent artists), icyemezo cyafashwe nk'intambwe nshya mu mwuga wabo.

Vestine na Dorcas bagizwe n'abavandimwe Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas, bamaze imyaka barubatse izina rikomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda no hanze yarwo.

Bamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zakunzwe zirimo Nahawe Ijambo, Si Bayali, Neema n'izindi zabafashije kugera ku rwego rwo kuba bamwe mu bahanzi bafite abakunzi benshi muri uyu muziki.

Abakunzi babo ubu bahanze amaso indirimbo 'Itabaza', biteze kureba niba izafungura neza iki cyiciro gishya batangiye nyuma yo kwimukira muri Canada no gukomeza umuziki wabo nk'abahanzi bigenga.


Vestine na Dorcas batangaje ko bagiye gushyira hanze indirimbo bise ‘Itabaza’


Vestine na Dorcas basigaye bakorera umuziki wabo mu gihugu cya Canada muri iki gihe

Vestine na Dorcas bagiye gusohora indirimbo nshya nyuma yo gutandukana na MIE Music, ndetse no kwimurira ibikorwa byabo bya muzika muri Canada


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...