Nyuma yo gutaramira ab’i Geneve Makanyaga Abdoul yarangije ibitaramo bye, Charly na Nina bagiye kwikomezanya urugendo

Imyidagaduro - 29/05/2018 1:48 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma yo gutaramira ab’i Geneve Makanyaga Abdoul yarangije ibitaramo bye, Charly na Nina bagiye kwikomezanya urugendo

Mu mpera z’icyumweru turangije nibwo Charly na Nina ndetse na Makanyaga Abdoul bakoranaga igitaramo cya nyuma ku mugabane w’Uburayi, iki gitaramo cyabereye i Geneve mu Busuwisi cyabaye icya nyuma cy’uyu muhanzi ufatwa nk’umunyabigwi muri muzika y’u Rwanda akoze mu bitaramo yari amazemo iminsi azenguruka Uburayi.

Makanyaga Abdoul na Charly na Nina batangiranye urugendo rw’ibi bitaramo tariki 5 Gicurasi 2018 mu gitaramo bakoreye mu Bubiligi i Bruxelle, aba tariki 11 Gicurasi bahise bataramira mu mujyi wa Lille ho mu Bufaransa mbere yuko berekeza mu mujyi wa Paris ho mu Bufaransa nanone aho bakoreye igitaramo tariki 12 Gicurasi 2018 nyuma yo kuva mu Bufaransa aba bahanzi basubiye mu Bubiligi aho bari bari kwitegurira igitaramo cya nyuma kuri Makanyaga Abdoul muri ibi bitaramo bamazemo igihe bizenguruka Uburayi.

Iki gitaramo Makanyaga yacumbikiyeho cyabereye mu Busuwisi i Geneve tariki 26 Gicurasi 2018 ahari hitabiriye abafana batari bake bari banyotewe n’umuziki w’aba bahanzi bari bamaze igihe ku mugabane w’Uburayi, aba ariko ntibigeze batenguha abakunzi babo kuko babasusurukije nkuko amakuru avayo abivuga. Nyuma y’iki gitaramo bikaba byitezwe ko Makanyaga Abdoul agomba guhita agaruka mu Rwanda aho afite akandi kazi naho Charly na Nina bo bakikomezanya mu bindi bitaramo bafite mu minsi iri imbere.

Biteganyijwe ko tariki ya 2 Kamena 2018 Charly na Nina bazaririmbira i Stockholm muri Suède; ku ya 9 Kamena bajye mu mujyi wa Copenhagen muri Danemark, hanyuma ku ya 16 Kamena bakorere igitaramo mu Buholandi. Urugendo rw’ibi bitaramo byo ku mugabane w’i Burayi bazarusoreza mu Budage ku itariki ya 26 Kamena 2018.

MakanyagaMakanyagaNyuma yuko Daddy De Maximo abuze ngo ayobore iki gitaramo yasimbujwe Congo Givencycharly na NinaCharly na Nina ndetse na Parfine wateguye iki gitaramo barikumwe n'umuyobozi wa Rwandair Charles GashumbaRurangirwa  Vedaste yahatomboreye itike  ya Rwandair Bruxelle-Kigalicharly na Nina

Akimana Fanny uhataniye ikamba rya Miss Suisse Francophone ari mubari bitabiriye iki gitaramocharly na NinaIgitaramo cyabereye i Geneve mu Busuwisi cyabaye icya nyuma mu byo yakoreraga ku mugabane w'Uburayicharly na NinaCharly na Nina bashimiye Parfine wabatumiye bahita basaba abitabiriye iki gitaramo gukomeza gushyigikira uyu mubyeyi muri kompanyi yatanmgije itegura ibitaramo ya Golden Queencharly na Ninacharly na Ninacharly na NinaNubwo Mu Busuwisi hadatuye abanyarwanda benshi ariko bake bahatuye hafi ya bose bari bitabiriye ku bwinshi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...