Amakuru ahamya ko aba bombi bamaze amezi bari mu rukundo ndetse mu minsi yashize
Scheilla yari i Kigali, yaje gusura umukunzi we Issa Bigirimana.
Bivugwa kandi ko ubu Issa Bigirimana udafite ikipe muri
iyi minsi ari i Bujumbura, ariho ari kwishimana n’umukunzi we Scheilla.
Issa Bigirimana yakundanye na Uwase Carine yari yarambitse impeta ya
fiançailles mu 2019 bagategura gukora ubukwe mu mpera 2021, nyuma bakaza
gutandukana.
Ubu Uwase Carine ari mu rukundo na The Major wo muri
Symphony Band.
Issa Bigirimana yakiniye APR FC kuva 2014 kugeza 2019. Yahise yerekeza muri Tanzania atatinze, aho yagarutse mu Rwanda asinyira amezi
atandatu Police FC.
Issa Bigirimana yasinyiye Rayon Sports muri Nyakanga 2020 ariko ntiyayikinira, kuko mu Ukwakira 2020 yahise yerekeza muri Forest Rangers yo muri Zambia baje gutandukana, agaruka mu Rwanda muri Espoir FC baheruka gutandukana.
Umukobwa Issa yishumbushije
Uyu musore ari mu munyenga w'urukundo
Ubwo Bigirimana yatereraga ivi Uwase batandukanye