Nyuma yo gutandukana na Julie, Ykee Benda yambitse impeta Emilly- AMAFOTO

Imyidagaduro - 14/06/2025 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma yo gutandukana na Julie, Ykee Benda yambitse impeta Emilly- AMAFOTO

Umuhanzi w’Umunya-Uganda akaba na nyiri inzu itunganya umuziki Mpaka Records, Ykee Benda, yasabye umukunzi we Emilly ko yamubera umugore, mu birori byabereye ahantu h’akataraboneka ku nkengero z’amazi ahazwi nka Divine Resort.

Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025. Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo “Farmer” yasabye Emilly kumubera umugore, mu gikorwa cyateguwe neza, aho yapfukamye imbere y’ikirango kinini gifite ishusho y’umutima cyariho indabo z’umweru, hiyongereyeho urumuri rwanditseho amagambo agira ati “Wakemera kubana nanjye?”. Emilly na we ntiyazuyaje, avuga ‘Yego’.

Nubwo iki gikorwa cyo gutera ivi cyabaye mu buryo bw’ibanga, amafoto n’amashusho yayo byahise bijya ku imbuga nkoranyambaga, benshi bishimira iki gikorwa cy’uyu muhanzi cyaranzwe n’urukundo n’icyubahiro.

Abafana, abahanzi bagenzi be n’abandi bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga batangiye kumwoherereza ubutumwa bw’ishimwe n’amahirwe, bashima uburyo yagaragaje urukundo rwe mu buryo buhamye kandi bw’icyubahiro.

Iyi ni intambwe nshya ku muhanzi w’imyaka 32 y’amavuko, wari uherutse gutangaza ko afite umugambi wo gushyingiranwa n’uwo bazabana mu buryo bwemewe n’amategeko muri uyu mwaka wa 2025.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru umwaka ushize, Ykee Benda yavuze ko nubwo umuziki we ukomeje gutera imbere, ashaka no kubaka ubuzima bwite bufite intego. Yagize ati “Kugira uwo muzabana mu buzima ni ingenzi. Ubuzima bugira agaciro iyo hari umuntu uguma hafi yawe, cyane cyane mu bihe byo gusaza. Ibyo ni ingenzi cyane.”

Yagaragaje ko atifuza gusa gukundwa mu muziki, ahubwo anashishikajwe no kubaka urukundo ruhamye n’urugo rufite umusingi uhamye.

Nyuma y’itandukana rye ryigeze kuvugwa cyane na Julie Batenga, babyaranye umwana w’umuhungu witwa Dante, Ykee Benda yahinduye uburyo abona urukundo, ashyira imbere ukuri, ubwizerane n’imibanire igamije kubaka.

Nubwo byinshi mu bijyanye n’uyu mubano bikiri ibanga, amakuru avuga ko imyiteguro ya Kwanjula – umuhango gakondo wo gusaba no gukwa mu muco wa Uganda – yamaze gutangira, kandi ushobora kuba mbere y’uko uyu mwaka urangira.


Ykee Benda yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Emilly nyuma y’igihe bari mu rukundo 

Ykee Benda yari aherutse gutangaza ko yitegura kurushinga muri uyu mwaka, kugirango ajyanishe ubuzima bw’umuziki n’urugo


Ykee Benda yambitse impeta Emilly nyuma yo gutandukana na Julie Batenga banafitanye umwana



KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'FARMER' YKEE BENDA YAKORANYE NA SHEEBAH KARUNGI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...