Rickman avuga ko atazongera kwinjira mu mukino
keretse naramuka ahawe igihembo gihwanye n’umwanya n’imbaraga azashyiramo.
Ati: "Niteguye guhangana niba amafaranga ahari kandi
ahagije. Kugira ngo nkine n’undi muntu, nshaka Miliyoni 100 Frw, z’amashilingi,
amafaranga ari ku meza mbere y’uko dutangira."
Ibi Rickman yatangaje biza nyuma y’uko Yung Mulo
agaragaje ko yifuza guhura nawe ku mukino.
Ariko Rickman yirinze gushyira mu bikorwa icyo
gitekerezo, asetsa avuga ko atari “guha abandi amashanyarazi,” risobanura ko adashaka
guha abandi izina cyangwa ubwamamare binyuze mu mukino.
Rickman akomeje kwerekana ko yifuza ko umukino we
uhwanye n’agaciro ke, kandi ibi bikaba bishimangira ko azajya yinjira mu rukiko
gusa iyo ahabwa amafaranga ahagije.
Ibyaranze umukino wa Rickman n’umugabo wa
Zari
Zari Hassan yagaragaye mu buryo butunguranye nyuma
y’uko umugabo we, Shakib Cham Lutaaya, yatsinzwe nabi na Rickman Manrick,
umuhanzi w’Umunya-Uganda, mu mukino wa Boxing.
Uyu mukino wabaye ku wa 30 Kanama 2025 muri MTN
Arena Lugogo i Kampala, ukaba wari utegerejwe cyane mu birori by’imyidagaduro
by’uyu mwaka.
Iri rushanwa ryari ryuzuyemo imivugire ikaze
n’amajwi yo guhangana yari amaze ibyumweru hagati y’aba bombi n’amakipe yabo,
bituma abafana baza ku bwinshi bategereje guhangana ku rwego rwo hejuru.
Umukino watangiye bombi bahaguruka bafite imbaraga,
buri umwe ashaka kugaragaza ko ari we utazahomba. Ariko umukino warangiye mbere
y’uko benshi babyitega.
Mu gihe cya kabiri, Shakib, waboneka nk’utiteguye
neza, yahanganye n’igitero gikomeye cya Rickman cyamugezeho ako kanya, bituma
aturwa hasi, maze abari bahari barangwa n’amarira, abandi baraseka, benshi
batabasha kwizera ibyabaye.
Uyu mukino wagaragaje ubuhanga bwa Rickman ndetse
n’imbaraga ze zidasanzwe, bituma abamukurikira batangazwa n’ukuntu yatsinze
umugabo wa Zari mu buryo butunguranye.
Rickman yakubise “Knockout(KO)” Shakib Cham, ahita avanwa
mu kibuga nyuma yo kugwa igihumure akananirwa kweguka. Ibi byatumye Rickman
akomeza kwigwizaho uduhigo, nyuma y’uko mu Ukuboza 2024 yari yatsinze Grenade
Officialb inyuze muri ‘Celebrity Boxing Games Series’.
😳😳 laaba Rickman
kyakooze shakib ehh K.O pic.twitter.com/lTJTvrhbaR
Zari was on the verge of tears as she watched her
husband Shakib get KO’d by Rickman 🥊 pic.twitter.com/WUQW06wXxC
Rickman arashaka arenga Miliyoni 41 Frw kugira ngo yinjire
mu mukino ukurikiraho! Abafana barategereje niba umukino uzaba wubahirije ibi
byifuzo
Rickman yavuze ko atazongera gukina keretse amafaranga arenga Miliyoni 41 Frw ari ku meza
Ikinyamakuru Petro Uganda cyanditse ko Shakib yasabye kongerwa kurwana na Rickman