Nyuma y'imyaka 9, Kitoko yongeye gukorera indirimbo mu Rwanda –VIDEO

Imyidagaduro - 20/02/2026 5:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y'imyaka 9, Kitoko yongeye gukorera indirimbo mu Rwanda –VIDEO

Nyuma y’imyaka icyenda (9) adakora indirimbo ari mu Rwanda, umuririmbyi Kitoko Bibarwa wamamaye nka Kitoko yongeye gukorera umuziki mu gihugu cye, asohora amashusho y’indirimbo nshya yise ‘Eva’.

Iyi ndirimbo yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare 2026, iba indi ntambwe nshya mu rugendo rwe rw’umuziki, by’umwihariko nyuma y’imyaka myinshi yabarizwaga mu Bwongereza aho yakoreraga ibikorwa bye bya muzika.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Kitoko yavuze ko ‘Eva’ ari yo ndirimbo ya mbere akoreye mu Rwanda kuva mu 2017. Ati: “Iyi ni yo ndirimbo ya mbere nkoreye mu Rwanda nyuma y’imyaka icyenda, kuko naherukaga gukorera indirimbo mu Rwanda muri 2017,”

Aya magambo agaragaza ko kugaruka gukorera umuziki mu gihugu cye atari ibintu bisanzwe kuri we, ahubwo ari intambwe ifite igisobanuro cyihariye mu buzima bwe nk’umuhanzi.

Kitoko asobanura ko gukora umuziki mu Rwanda bitandukanye cyane n’uko byari bimeze ubwo yakoreraga mu Bwongereza.

Yavuze ko yasanze ibintu byinshi byarahindutse, ndetse bikaba byoroshye kurushaho kubona ibyo umuhanzi akeneye mu gutunganya igihangano. 

Ati: “Biranshimishije kuko biroroshye. Navuga ko ibintu byose nkenera kugirango nkore indirimbo biranyegereye.”

Aya magambo ashimangira iterambere ry’uruganda rw’umuziki mu Rwanda, aho abahanzi basigaye babona studio, aba-producer n’ibikoresho ku rwego ruri hejuru bitabasabye kujya hanze y’igihugu.

Indirimbo ‘Eva’ yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Loader, ikorerwa muri studio ya 1:55 AM.

Mu bijyanye n’amashusho, iyi ndirimbo yafashwe inatunganywa na Fayzo Pro, mu gihe amajwi yanononsowe (Mix & Mastering) na Bob Pro. Amashusho yo yanononsowe na Sanib.

Uyu mushinga ugaragaza ubufatanye bw’abanyamwuga batandukanye bo mu Rwanda, ibintu Kitoko avuga ko byamushimishije cyane kuko byamwumvishije ko umuziki nyarwanda ugeze ku rundi rwego.

‘Eva’ si indirimbo gusa, ahubwo ni ikimenyetso cy’urugendo rushya, rw’umuhanzi ugarutse aho yatangiriye, mu gihe umuziki nyarwanda nawo wamaze gutera indi ntambwe.

Abakunzi be barategereje kureba niba iyi ndirimbo izakurikirwa n’indi mishinga myinshi izakorerwa mu Rwanda, bikarushaho gushimangira umubano we n’isoko ry’iwabo.


Kitoko yavuze ko gukora umuziki mu Rwanda muri iki gihe byoroshye kurusha uko byari bimeze mu myaka yashize, ashimira ikipe y’abanyamwuga bakoranye barimo Producer Loader, Fayzo Pro na Bob Pro


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘EVA’ YA KITOKO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...