Mu
butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, Tuma
Basa yatangaje ko agiye gutangira indi ntambwe nshya mu buzima bwe bw’umwuga,
ashimira abantu bose bagize uruhare mu rugendo rwe.
Yagize
ati: “Nyuma y’imyaka umunani myiza maze muri YouTube, ngiye gutera intambwe
nshya nizeye, ninjira mu kindi cyiciro cy’ubuzima bwanjye… Murakoze cyane…”,
agaragaza ko ashimira byimazeyo abo bakoranye bose, barimo abahanzi,
abatunganya muzika, abayobozi, abafasha mu muziki ndetse n’abakunzi ba YouTube
bagize uruhare mu gutuma urugendo rwe rugenda neza.
Ibi
bivuze ko Tuma Basa atasezeye kubera ikibazo, ahubwo ari ugufata icyemezo cyo
gutangira indi ntambwe nshya mu mwuga we, anashimira cyane buri wese wamubaye
hafi muri uru rugendo rwe rwatwaye imyaka umunani.
Tuma
Basa yinjiye muri YouTube mu 2018, atangira ayobora ishami rya ‘Urban Music’,
mbere yo kuzamurwa akaba Umuyobozi wa ‘Black Music & Culture’.
Muri
izi nshingano, yari ashinzwe kongera uburyo YouTube ikorana n’abahanzi n’umuco
wabo, anafasha abahanzi n’ibigo by’umuziki gukoresha neza ibikoresho YouTube
ibaha byo kwegera abakunzi babo (direct-to-fan tools).
Yabaye
umwe mu bantu bagize uruhare mu kuzamura uburyo umuziki w’abirabura uhabwa
agaciro ku rwego mpuzamahanga binyuze kuri YouTube.
Mbere
yo kujya muri YouTube, Tuma Basa yari yarubatse izina rikomeye mu bijyanye no
gutunganya no gutoranya muzika ku rwego rwo hejuru.
Yabaye
umuyobozi ushinzwe gahunda za Hip Hop ku isi muri Spotify, aho yari ashinzwe ‘playlists’
zikomeye zirimo RapCaviar, imwe mu zikunzwe cyane kuri uru rubuga.
Yanakoreye
ibigo bikomeye nka BET, MTV ndetse anafasha Sean Combs (P. Diddy) gutangiza
televiziyo ya REVOLT aho yabaye Vice Perezida ushinzwe muzika.
Nubwo
akunze kumenyekana nk’Umunyamerika ukomeye mu muziki, Tuma Basa afite inkomoko
ikomeye mu Rwanda.
Yitwa
amazina nyakuri Tumaine Basaninyenzi, akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda, nubwo
yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (icyo gihe yitwaga
Zaïre).
Yabaye
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akiri muto, anamara iminsi ye y’ubuto bwe
muri Zimbabwe mbere yo gukomereza amasomo muri Kaminuza ya Iowa.
Ni
naho yatangiye gukunda cyane Hip Hop, nyuma aza kubigira umwuga, awugeza ku rwego
mpuzamahanga.
Nubwo
atatangaje aho agiye gukomereza, amagambo ye agaragaza ko agiye gutangira indi
ntera nshya ishobora kongera kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuziki
ku isi.
Isezera
rye risize amateka akomeye muri YouTube, cyane cyane mu kuzamura no guha ijambo
umuziki n’umuco by’abirabura, ibintu byatumye izina rye riba mu bakomeye muri
uru ruganda ku isi.
Ku
Rwanda, ni ishema rikomeye kubona umwe mu bana barwo ageze kuri uru rwego,
akaba akomeje kwandika amateka mu muziki mpuzamahanga.

Nyuma
y’imyaka 8 akorera YouTube, Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye atangiye indi
ntambwe nshya mu mwuga we
Tuma
Basa washinzwe ‘Black Music & Culture’ muri YouTube yasezeye, ashimira
abahanzi n’abo bakoranye mu rugendo rwe rw’imyaka 8
Umusanzu
wa Tuma Basa mu kuzamura umuziki w’abirabura kuri YouTube ugeze ku musozo,
atangiye igice gishya cy’ubuzima bwe. Aha ari kumwe na Davido
