Ibi
bitaramo biteganyijwe muri Werurwe 2026, bikaba bigamije gukomeza gusakaza
umuziki we n’ubutumwa bw’amahoro asanzwe azwiho ku rwego mpuzamahanga.
Mani
Martin yaherukaga mu Buyapani muri Kamena 2019, aho yakoreye ibitaramo byibanze
ku gusakaza ubutumwa bw’amahoro. Urebye neza imibare, kuva muri Kamena 2019
kugeza muri Werurwe 2026 ni imyaka irindwi igiye kuzura.
Ibi
bivuze ko asubiye muri iki gihugu nyuma y’igihe kinini, ibintu bigaragaza ko
umubano we n’abakunzi b’umuziki we bo mu Buyapani ukomeje gukomera.
Nk’uko
bigaragara kuri ‘Flyer’ yamamaza ibi bitaramo, gahunda y’ibanze iteye itya: Ku
wa 02 Werurwe 2026 azasura Peace Museum. Ku wa 03 Werurwe 2026, azasura
Hiroshima Jogakuin.
Nyuma
ya saa sita hazaba igikorwa azahuriramo na Japan Association for African
Studies – Chugoku Branch. Mu ijoro azakorera igitaramo muri Otis.
Ibi
bigaragaza ko urugendo rwe rutari urw’ibitaramo gusa, ahubwo rufite n’uruhare
rw’ubusabane, ibiganiro n’ibikorwa by’umuco n’ubushakashatsi byihuza
n’ubusabane hagati ya Afurika n’u Buyapani.
Album
“Rebirth” ni iya karindwi ya Mani Martin, ikaba ije ishimangira urugendo rwe rw’umuziki
wubakiye ku mahoro, urukundo, ubumuntu no kongera kubaka icyizere. Nk’uko izina
ribivuga, “Rebirth” isobanura kongera kuvuka bushya, kwiyuburura no gutangira
indi ntambwe y’ubuzima.
Mu
butumwa yanyujije kuri Instagram mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 25
Gashyantare 2026, Mani Martin yagaragaje ibyishimo byo kubona umuziki we
ukomeza kurenga imipaka.
Mu
busobanuro bwabyo, agaragaza ko ashimira impano y’ubuhanzi n’umuziki ushobora
kurenga imbibi z’ibihugu, ugakora ku mitima y’abantu mu buryo burenze
ibigaragara inyuma.
Urugendo
rwa Mani Martin mu Buyapani rugaragaza neza ko umuziki nyarwanda ukomeje kugera
kure, ukinjira mu ruhando mpuzamahanga. Kuba asubiyeyo nyuma y’imyaka irindwi,
byerekana ko hari isoko n’abakunzi b’umuziki we bamwiteguye.
Ni
urugendo rutanga icyizere ko Album “Rebirth” ishobora kurushaho kumenyekana ku
rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu gihugu cy’u Buyapani gisanzwe gifite amateka
akomeye mu bijyanye n’umuco, amahoro n’ubusabane bw’ibihugu.


Mani Martin yatangaje uruzinduko rw’ibitaramo mu Buyapani ruzatangirira i Hiroshima, aho azahurira n’abanyeshuri n’abashakashatsi mbere yo gukora igitaramo mu rwego rwo gukomeza kwagura umuziki we ku ruhando mpuzamahanga

Mu
Werurwe 2026, Mani Martin azasura Hiroshima Jogakuin, ahure na Japan
Association for African Studies – Chugoku Branch, anataramire abakunzi be bo mu
Buyapani
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’IMWE MU NDIRIMBO ZIGIZE ALBUM YA MANI MARTIN
