Nyuma y'imyaka 7, Davis D agiye kugaragara muri MTN Iwacu Muzika Festival

Imyidagaduro - 19/03/2026 3:03 PM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y'imyaka 7, Davis D agiye kugaragara muri MTN Iwacu Muzika Festival

Nyuma y’imyaka irindwi atagaragara ku rubyiniro rwa MTN Iwacu Muzika Festival, umuhanzi Davis D yatangajwe mu bazataramira abakunzi b’umuziki muri iri serukiramuco rigeze ku nshuro ya karindwi.

Ibi bitaramo bitegurwa na Sosiyete ya MTN Rwanda ku bufatanye na EAP Rwanda, bikomeje gushyira hamwe bamwe mu bahanzi bakomeye mu gihugu no hanze yacyo. Davis D aje yiyongera ku bandi bahanzi bamaze gutangazwa barimo Marina, Keny Sol, Kevin Kade na Bushali.

Davis D wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Biryogo’, ‘Dede’ na ‘Mariya Kaliza’, aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Dance’, agaragaza ko agikomeje guhatana ku isoko ry’injyana ya Afrobeats. Kugaragara kwe muri MTN Iwacu Muzika Festival bizaba ari ubwa mbere abikoze kuva iri serukiramuco ryatangira mu 2019.

Uyu muhanzi wavukiye mu Karere ka Huye ku wa 23 Werurwe 1993, yatangiye umuziki mu 2014, aza kwamamara cyane mu 2015 abikesha indirimbo ‘Biryogo’ yamugejeje ku rwego rwo kumenyekana mu Rwanda hose.

Kuva icyo gihe, yakomeje gushyira hanze ibihangano bitandukanye byatumye aguma mu bahanzi bahanzwe amaso.

Davis D azwiho udushya mu buryo butandukanye haba mu myambarire, amashusho y’indirimbo ndetse n’imikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga, ibintu byagiye bituma agarukwaho cyane mu itangazamakuru.

Akunze no gushora amafaranga menshi mu mashusho y’indirimbo ze, aho yagiye agaragaza ko ari kimwe mu bimufasha guha agaciro ibyo akora.

Mu rugendo rwe rwa muzika, Davis D yakoranye igihe kirekire na Muyoboke Alex wari umujyanama we, ariko kuri ubu asigaye akorana bya hafi n’umubyeyi we, umufasha mu igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga itandukanye y’umuziki, harimo n’ikorwa ry’indirimbo zimwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Kugaragara kwe muri MTN Iwacu Muzika Festival bije mu gihe aherutse kwizihiza imyaka 10 amaze mu muziki.

Abakunzi b’umuziki nyarwanda biteze igitaramo kirimo imbaraga, cyane ko Davis D asanzwe azwiho gutanga ibyishimo ku rubyiniro no gushyira imbaraga mu buryo yegera abafana be.

Nyuma y’imyaka 7 atagaragara muri MTN Iwacu Muzika Festival, Davis D yatangajwe mu bazataramira abakunzi b’umuziki

Davis D aherutse gushyira hanze amashusho y’indirimbo zirimo ‘Dance’ nyuma y’ibitaramo yakoreye hanze y’u Rwanda

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DANCE’ YA DAVIS D


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...