Nyuma y’imyaka 6, ibirori bya ‘Kigali Fashion’ Week bigiye kuba mu isura nshya

Imyidagaduro - 27/11/2025 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Nyuma y’imyaka 6, ibirori bya ‘Kigali Fashion’ Week bigiye kuba mu isura nshya

Nyuma y’imyaka itandatu ibirori bifatwa nk’umutima w’uruganda rw’imideli mu Rwanda, Kigali Fashion Week, bigiye kongera kuba, ariko noneho bifite isura nshya n’icyerekezo gishya, hagamije gukomeza gushyira itafari ku ruganda rw’imideli mpuzamahanga.

Ni isura y’igihe gishya, y’ubuhanzi n’ubucuruzi, ndetse n’urubyiruko rwinjira mu ruganda rutangiye kugira isura mpuzamahanga.

Ibi birori byaherukaga kuba mu 2019 ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 y’uruhererekane rwabaye ikimenyabose mu karere.

Nyuma yaho, icyorezo cya Covid-19 cyahinduye imikorere y’ibikorwa bya siporo n’imyidagaduro, Kigali Fashion Week irahagarara.

Mu 2023 hahinduwe izina, yitwa ‘Kigali International Fashion Week’, abategura batangira kwibanda ku bikorwa byaberaga hanze y’u Rwanda.

Kuri ubu, Kigali Fashion Week izajya itegurwa na LG Events Rwanda, ni nyuma y’amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025.

John Bunyeshuri, washinze akanayobora Kigali Fashion Week mu myaka 14 ishize, yahisemo gutanga uyu murage mu nshingano z’abafite icyerekezo gishya. Yemeza ko ari ubufatanye bw’imyaka irindwi, budateze kwirengagiza amateka y’ubusanzwe.

Yabwiye itangazamakuru ati: “Ndizera ko bizakomeza umwimerere n’igikundiro byari bifite, ariko bigahuzwa n’igihe. Ibi birori bifite imbaraga zo kwinjiza urubyiruko rushya mu ruganda rw’imideli no kurwambutsa imipaka.”

Mu muhango wo gusinya amasezerano wabereye i Kigali, George Lugoloobi ushinzwe ubuhanzi muri LG Events Rwanda ni we wavuze ijambo ryerekana icyerekezo gishya. Yavuze ko Kigali Fashion Week 2026 izaba iy’“Ivuka bushya – aho umuco uhurira n’ubwiza.”

Uyu mugabo yijeje ko isura nshya izubakira ku mateka y’ibyabaye, ariko ikanashinga imizi mu mahirwe y’ejo hazaza: ikoranabuhanga, ubukerarugendo, ubucuruzi n’ihuriro rihuza abashoramari n’abahanzi b’imideli bo mu karere no hirya no hino.

Yagize ati “Guteza imbere Kigali nk’umurwa mukuru wa Afurika mu mideli ni intangiriro y’icyerekezo. Turashaka guha urubyiruko, abahanzi n’abashoramari urubuga rwagutse. Kigali Fashion Week izaba urubuga rwo kugurisha ubuhanga n’ubukorikori by’Afurika ku rwego rw’isi.”

Ibirori bya Kigali Fashion biteganyijwe muri Gicurasi 2026 muri Zaria Court, mu minsi ibiri y’imyiyereko y’imideli ariko icyumweru cyose kizaba cyuzuye ibikorwa binini bishyira imbere:

Hazaba hubakwa ahantu h’udushya mu mideli, imurikamirimo ririmo imyenda igezweho, ibikoresho bya Made in Rwanda n’inyigisho ku buryo inganda z’imideli zishobora kuba moteri y’ubukungu.

Aha ni ho abafite ibitekerezo n’inyota yo guhanga imirimo bazahurira. Abashoramari, abahanzi, abacuruzi n’inzego z’ubukerarugendo bazaganira ku cyerekezo cy’inganda z’imideli muri Afurika.

Ni agace gashya kazahuza abahanzi, abaterankunga, abanyamakuru n’abaguzi mu buryo bwisanzuye. Kateguwe nk’umutima w’ubucuruzi n’imishinga mishya mu ruganda rw’imideli.

Abamurika imideli bo mu Rwanda bazunganirwa n’abaturutse muri Uganda, Kenya, Tanzania, Nigeria, Ethiopia, Congo n’ahandi. Uru ni urubuga rwagutse rwo guhuza Afurika mu kugaragaza umwimerere n’ubwiza bwayo.

John Bunyeshuri ntiyagurishije Kigali Fashion Week, ahubwo ngo yagiranye amasezerano y’imyaka irindwi y’ubufatanye n’uzakomeza ibikorwa mu izina rye.

Mu gutanga uyu murage, yemeza ko icyifuzo cye ari ukugira ngo Kigali Fashion Week ikomeze gusakaza umucyo.

James, ugiye kujya ategura Kigali Fashion Show muri uyu muryango mugari, yemeza ko agiye kubakira ku bunararibonye bw’imyaka 14 ya John, ariko agasaba ubufatanye bw’abakunda imideli bose.

Ati: “Mudushyigikiye, tukubaka icyerekezo kimwe, ni ko twazagira Kigali Fashion Week idasubira inyuma. Twakubaka umusingi nshya izakomerezaho imyaka iri imbere.”

Kugaruka kwa Kigali Fashion Week mu 2026 si ibirori gusa. Ni ikimenyetso cy’ivuka bushya ry’uruganda rw’imideli mu Rwanda. Ni ibirori bishya hagati y’umuco, ubuhanzi n’ubucuruzi – imbaraga zishobora guhindura isura y’icyerekezo cy’uruganda rw’imideli.

Uruganda rw’imideli mu Rwanda ruri mu gihe cy’impinduka: urubyiruko ruri kugerageza, abahanzi bo mu karere bari kwigaragaza, n’abashoramari batangiye kubona amahirwe ari muri creative industry.

Ibirori bya 'Kigali Fashion Week' byashyizwe mu maboko ya Sosiyete ya LG Events Rwanda mu gihe cy'imyaka irindwi

John Bunyeshuri [Uri iburyo] yashyize ‘Kigali Fashion Week’ mu maboko mashya, ariko asiga ashyizeho umusingi w’imyaka 14 w’isanisha umuco n’imideli. Avuga ko ubufatanye bushya buzubakira ku mwimerere w’ibirori, bukarushaho kwagura amahirwe y’urubyiruko n’abahanzi b’abanyarwanda ku ruhando mpuzamahanga

George Lugoloobi [Uri ibumoso] yumvikanishije ko Kigali Fashion Week 2026, ari urubuga rwo gushyira Kigali ku ikarita y’imideli muri Afurika, no kubaka urubuga rw’ubushabitsi, ubuvumbuzi n’ubukerarugendo bushingiye ku mideli

George Lugoloobi na John Bunyeshuri bashyize umukono ku masezerano y’imyaka irindwi ashobora kuzongera bitewe n’ibiganiro by’impande zombi

Umuhanzi Sintex wamamaye mu ndirimbo nka "Twifunze" yitabiriye umuhango wo gutangaza gahunda nshya za Kigali Fashion Week

Umuhanzi wamamaye nka 'Makonikoshwa' yagaragaje ingeri zinyuranye z'ubuhanzi zizungukira muri Kigali Fashion Week



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...