Iki
ni igihembo gihabwa abahanzi bagize akamaro gakomeye muri sinema, kikaba kiri
ku rwego rw’indangamurage mu ruganda rwa filime ku isi.
Iyi
nyenyeri yahawe Boseman ni icyubahiro gikomeye, kuko ihabwa abantu bagaragaje
ubuhanga bw’indashyikirwa, umurava n’umusanzu w’ibitekerezo byahinduye
uruhererekane rw’inkuru n’imitekerereze y’isi binyuze mu bikorwa byabo bya
sinema.
Umuhango
wo gushyira hanze iyi nyenyeri wabereye ku mihanda ya Hollywood Boulevard,
witabirwa n’umugore we, Taylor Simone Ledward-Boseman, ndetse n’abo bakoranye
mu bikorwa bitandukanye barimo Ryan Coogler wayoboye Black Panther na Viola
Davis bakinanye muri filime ye ya nyuma Ma Rainey’s Black Bottom.
Taylor
Simone Ledward-Boseman ni we wakiriye ishimwe mu izina ry’umugabo we, mu
magambo yuzuye urukundo, icyubahiro n’ishimwe, ati “Mu buzima, Chad yari
byinshi kurusha kuba umukinnyi wa filime cyangwa umuhanzi. Yari umwigisha
w’umwuka, wubakiye ku mbaraga z’umuryango, inshuti n’abo bakoranaga bamwizera.
Uyu munsi twongera guhamya ubuhanga bwe, ubwitange bwe n’icyerekezo yasigiye
isi.”
Yashyize
inkweto za Chadwick ku ruhande rw’inyenyeri ye—ikimenyetso cy’intambwe yasize
mu ruganda rwa sinema.
Viola
Davis, umwe mu bafatanyabikorwa ba hafi ba Chadwick, yatanze ubutumwa bwaruhuye
imitima benshi, avuga ko “kumwita ko yapfuye” ari amagambo umutima we utakira.
Ati
“Mfite ukwemera ko Chadwick akiri muzima. Umuntu apfa by’ukuri ari uko wa wundi
wa nyuma umuzi nawe atakiriho. Chadwick yari umuco, yari umwuka, yari
imbaraga.”
Yibutse
uburyo Chadwick yakundaga gukina ingoma ye ya ‘djembe’, akayishyiramo umwuka
w’umwimerere utari umuziki gusa, ahubwo ugaca ku mitima y’abo bari kumwe muri
filime:
Chadwick
Boseman yitabye Imana mu 2020 azize kanseri yo mu mara, nyuma y’imyaka ine
ayirwana mu ibanga.
Ariko
umurage we wubatse ku kwicisha bugufi, ubwitange, imbaraga n’ubuhanga mu gukina
filime zikomeye nk’iza Nelson Mandela, James Brown, Thurgood Marshall na
T’Challa muri Black Panther, wamuteye guhabwa icyubahiro ku rwego rwo hejuru.
Inyenyeri
ye iri kuri Hollywood Walk of Fame ni igicumbi cy’urwibutso rw’ibikorwa bye,
bikaba n’ “ishyaka rishya” ku rubyiruko n’abakinnyi b’igihe kiri imbere bashaka
gusiga umurage ufite icyo uvuga.
Uyu muhango wemeje ko Chadwick Boseman atazibagirana mu ruganda rwa sinema, ko izina rye rizahora ritera ishema abakunda ibihangano bye, kandi ko umurage we uzakomeza kwaka nk’inyenyeri yabonye umwanya wayo mu mateka ya Hollywood.

Taylor
Simone Ledward-Boseman ni we wakiriye inyenyeri mu izina ry’umugabo we Chadwick Boseman witabye
Imana, ku wa 28 Kanama 2020 
Abavandimwe
ba Chadwick Boseman, Kevin na Derrick, nabo bari bahari mu muhango wo gushyira
hanze inyenyeri ye.


Viola
Davis, bakinanye muri filime ye ya nyuma, yavuze ko akibarira Chadwick
nk’ukiriho kuko adashobora kumwita uwagiye burundu cyangwa ngo amwambike ijambo
‘urupfu’
Ryan
Coogler yavuze ko iyo atekereje kuri Chadwick icyo atekereza ari ubuyobozi,
uburezi n’ubugiraneza, yongeraho ko yari umuyobozi udasanzwe


